00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amerika yatangaje ibihano biremereye kuri Iran

Yanditswe na IGIHE
Kuya 24 August 2026 saa 10:45
Yasuwe :

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangaje ko zongereye ibihano by’ubukungu kuri Iran hagamijwe kuyishyiraho igitutu no kuyiheza mu bukungu bw’Isi, zinaburira bihugu bikorana na yo ko nibikomeza na byo bizahezwa. Ibi bihano byiyongera ku byari bisanzweho, aho Washington ivuga ko bigamije kubuza Iran gukomeza ibikorwa ibona nk’ibibangamiye inyungu zayo.

Minisitiri w’Imari wa Amerika, Scott Bessent, yavuze ko ibi bihano bishya ari intambwe ikomeye mu gushyira igitutu kuri Iran.

Ati “Twatangije igitutu cy’ubukungu ku rwego rushya kuri Iran n’abafatanyabikorwa bayo ku Isi. Intego yacu ni ukugabanya ibikorwa by’ubukungu bihungabanya umutekano.”

Amerika yatangaje ko yashyizeho ibihano by’amahanga bishobora kugira ingaruka ku bigo n’ibihugu bikorana na Iran, harimo ibijyanye n’ubucuruzi n’imari. Washington ivuga ko iki cyemezo kigamije gukomeza kubuza Iran bwo kubona amafaranga binyuze mu bucuruzi mpuzamahanga.

Iran imaze imyaka myinshi mu ngaruka z’ibihano bitandukanye byashyizweho na Amerika ndetse n’ibindi bihugu. Ibyo bihano byagize ingaruka ku bukungu bwayo, ariko ntibyabujije abayobozi ba Iran gukomeza ibikorwa byabo.

U Bushinwa bwo bwakomeje kuba umufatanyabikorwa ukomeye wa Iran mu by’ubucuruzi, nubwo Amerika yagerageje kwitambika ubucuruzi hagati y’ibihugu byombi.

Amerika yahamije ko n’ikindi gihugu gikorana na Iran mu bijyanye n’ubucuruzi kizajya gihita gishyirwa mu kato

Abasesenguzi bavuga ko ingaruka z’ibi bihano zizaterwa n’uko ibihugu n’ibigo bitandukanye bizabyitwaramo. Amerika ikomeje kuvuga ko izi ngamba zigamije gukoresha igitutu cy’ubukungu kugira ngo igere ku ntego zayo kuri Iran.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages