00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amerika yasubije inyuma ubwato 23 bwari buvuye muri Iran

Yanditswe na IGIHE
Kuya 18 April 2026 saa 03:57
Yasuwe :

Ingabo za Amerika ziri mu Burasirazuba bwo Hagati zasubije inyuma ubwato 23 bwari buturutse ku byambu bya Iran.

Ingabo za Amerika zabitangaje ku wa 18 Mata 2026, nyuma y’uko Iran yari yamaze gutangaza ko yongeye gufunga umuhora wa Hormuz unyuramo ubwato bwinshi burimo ubutwaye ibikomoka kuri peteroli birenga 20% by’ibikoreshwa ku Isi hose.

Reuters yanditse ko ubwato burenga 10 bwari bumaze kunyura mu muhora wa Hormuz nyuma n’iminsi myinshi ufunzwe.

Ubwato bwanyuze mu mazi ya Iran mu muhora wa Hormuz, hafi y’ikirwa cya Larak harimo na bune bwari bwarafatiwe ibihano.

Ingabo z’u Bwongereza zirwanira mu mazi zatangaje ko ku wa 18 Mata 2026, ingabo za Iran zarasaga ubwato bwose bushaka kunyura muri uyu muhora.

Ubwato bumwe butwaye ibicuruzwa bwabwiwe n’ingabo za Iran zirwanira mu mazi ko inzira yongeye gufungwa.

Ubwato bunyura mu nzira ya Hormuz buri kuraswa n'ingabo za Iran

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages