00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amerika yareze Raúl Castro ibyaha birimo ubwicanyi

Yanditswe na IGIHE
Kuya 20 May 2026 saa 09:27
Yasuwe :

Amerika yareze Raúl Castro wabaye Perezida wa Cuba, imushinja uruhare mu guhanura indege za gisivili muri Gashyantare 1996.

Iki kirego cyatanzwe ku wa 20 Gicurasi 2026. Urwego rw’ubutabera rwa Amerika rushinja Raúl Castro wari Minisitiri w’Ingabo mu 1996, kuba yaragize urugare mu gutuma indege z’intambara za Cuba zirasa indege ebyiri za gisivili.

Raúl Castro ashinjwa icyaha cy’akagambane kagamije kwica Abanyamerika, ibyaha bine by’ubwicanyi n’ibindi bibiri byo kwangiza indege.

Abantu bane biciwe mu gitero cyo mu 1996, cyamaganywe n’amahanga ndetse giteza umwuka mubi hagati ya Amerika na Cuba.

Aljazeera yanditse ko ubutegetsi bwa Trump bumaze igihe bukora ibikorwa biganisha ku mpinduka mu butegetsi bwa Cuba.

Hari amakuru yavuzwe Cuba yohereje drones n’intwaro ziremereye zigamije guhangana n’ingabo za Amerika zirwanira mu mazi ziri mu kigo cya Guantannamo Bay n’ubwato bwa gisirikare buri muri ako gace.

Ubutegetsi bwa Cuba bwatangaje ko ubutegetsi bwa Trump bumaze iminsi bugaragaza intege nke ndetse amakusanyabitekerezo akagaragaza ko abamushyigikiye bagabanyutse kubera intambara yo muri Iran, ariko aramutse agize icyo ageraho kuri Cuba byafatwa nk’intsinzi.

Raul Castro w’imyaka 94 yagiye ku butegetsi muri Cuba asimbuye mukuru Fidele Castro mu 2008. Raul yavuye ku butegetsi bw’ishyaka rye mu 2021 ariko aracyafatwa nk’ufite ijambo rikomeye mu gihugu.

Amerika yareze Raúl Castro ibyaha birimo ubwicanyi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages