Tren de Aragua ni agatsiko k’abagizi ba nabi kavukiye muri gereza, ariko Hector Guerrero Flores yaje kukagura agahindura umutwe mpuzamahanga ukorera mu bihugu bitandukanye.
Uyu mutwe uzwi mu icuruzwa ry’abantu, kugenzura inzira zinyurwamo n’abimukira bo muri Amerika y’Epfo cyangwa mu Burayi. Abayobozi ba polisi bo muri Amerika y’Epfo bavuga ko kanakora ibyaha birimo ubwambuzi, gushimuta no gukorera urugomo muri Panama, Brazil no mu karere k’imisozi ya Andes.
Trump yavuze ko Tren de Aragua yakoranaga na Nicolás Maduro wa Venezuela wayoboye Venezuela kugeza muri Mutarama 2026 ubwo yatabwaga muri yombi n’ingabo za Amerika.
Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika iherutse gutangaza ko izatanga ibihembo bya miliyoni 5 z’amadolari y’Amerika ku muntu watanga amakuru yatuma umuyobozi w’aka gatsiko afatwa.
Kuri uyu wa 12 Kamena 2026, ni bwo Trump yatangaje ko Guerrero Flores yapfuye, asobanura ko ari we watanze itegeko ryo kumwica.
Mu magambo yashyize ku rubuga rwe rwa Truth Social, yagize ati "Nabitegetse ubwanjye, maze ubuyobozi bw’Ingabo za Amerika zishinzwe akarere k’Amajyepfo bugaba igitero cya gisirikare cyihuse kandi gikomeye, cyahitanye Niño Guerrero, umuyobozi wari uzwi cyane wa Tren de Aragua, umwe mu mitwe y’iterabwoba ugira ubugome bukabije ku Isi.”
Bivugwa ko igitero cyagabwe kuri iri banda cyifashishije ikoranabuhanga ryihariye kandi ko cyagizwemo uruhare na Venezuela isigaye iyoborwa na Delcy Rodríguez wemeye gukorana na Amerika.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!