00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amerika yahagaritse serivise z’ubuvuzi zahabwaga abasirikare bihinduje ibitsina

Yanditswe na Tuyishimire Umutesi Celine
Kuya 13 May 2025 saa 06:54
Yasuwe :

Minisiteri y’Ingabo ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika (Pentagon) yahagaritse serivise z’ubuvuzi zihariye zahabwaga abasirikare bihinduje igitsina.

Ibwiriza ryo guhagarika izi serivise ryatangiwe mu nyandiko ikubiyemo ubutumwa bwagenewe ingabo za Amerika, nk’uko ibiro ntaramakuru Reuters byabitangaje.

Iyi nyandiko yashyizweho umukono tariki ya 5 Gicurasi 2025 ivuga ko abihinduje ibitsina batazongera guhabwa serivisi zo kubagwa no kongererwa imisemburo ituma bagaragaza imiterere itandukanye n’iya kamere.

Ivuga kandi ko abasirikare bihunduje igitsina bazaba batariyirukana muri Kamena, bazatangira kwirukanwa.

Ni ubutumwa butaguye neza abahinduje ibitsina, nka Shannon Minter uharanira uburenganzira bw’umuryango wa LGBTQ+. Uyu yavuze ko Pentagon yubahutse ikiremwamuntu.

Yagize ati “Birababaje kubona igisirikare cy’igihugu gifata abasirikare bacyo muri ubu buryo.”

Umwe mu bihinduje igitsina utashatse kumenyekana yatangaje ko noneho niba hari abari bagishidikanya ku buryo abahinduje igitsina bafatwa muri iki gihe, ubu bigiye kugaragara.

Yagize ati “Niba hari hakiri ugushidikanya ubu noneho byose birasobanutse, abihinduje igitsina ntibemerewe serivise z’ubuvuzi nka bagenzi babo.”

Muri Mutarama 2025 ni bwo Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yasinye iteka rikumira abihinduje igitsina mu gisirikare.

Serivisi z'ubuvuzi zihari zahabwaga abasirikare ba Amerika bihinduje ibitsina zahagaritswe

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .