00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amerika yagabye igitero muri Yemen

Yanditswe na Kanamugire Emmanuel
Kuya 13 January 2024 saa 09:55
Yasuwe :

Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yemeje ko igisirikare cyayo cyagabye ikindi gitero cya missile ku birindiro by’abarwanyi b’aba-Houthi muri Yemen, mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu.

Ni igitero kibaye nyuma y’umunsi umwe Amerika n’u Bwongereza bigabye ibindi byinshi mu duce tugenzurwa n’aba-Houthi muri Yemen, hasubizwa ku byo izi nyeshyamba zishyigikiwe na Iran zagabye ku bwato bwo mu Nyanja Itukura.

Leta Zunze Ubumwe za Amerika ivuga ko ibitero bigamije gushegesha ubushobozi bw’aba-Houthi ku buryo batazongera kubasha kuvogera ubwato bwo mu Nyanja, nk’uko tubikesha BBC.

Ivuga ko kuva ku wa 19 Ugushyingo, Iran yabafashije gutera no kwangiza ubwato bwo mu Nyanja Itukura n’ikigobe cya Aden, inshuro zigera kuri 28.

Ubuyobozi bw’aba-Houthi bwo bwatangaje ko ibitero bizakomeza.

Abantu ibihumbi biraye mu mihanda yo mu Murwa Mukuru wa Yemen, Sanaa kuri uyu wa Gatanu, batwika amabendera ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika baririmba bati “Imana irakomeye, urupfu kuri Amerika, urupfu kuri Israel.”

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Joe Biden, yabwiye itangazamakuru ko Amerika yiteguye kurwanya aba-Houthi mu gihe baba bagerageje kwihorera.

Ati “Tugomba kwitegura gusubiza aba-Houthi mu gihe baba bakomeje iyi myitwarire iteye isoni, hamwe n’abafatanyabikorwa bacu.”

Mu itangazo rihuriweho na Amerika, u Bwongereza, Australie, Bahrain, Canada, u Buholandi, Danemark, u Budage, Nouvelle Zélande na Korea, mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, byavuze ko ibitero byari bigamije gucubya ibimaze iminsi bikorwa n’aba-Houthi, bihungabanya umutekano w’ubwato bw’ubucuruzi mu Nyanja Itukura.

Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatangaje ko yagabye igitero gishya cya missile ku nyeshyamba z'aba-Houthi muri Yemen

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages