00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amerika yagabye ibitero ku bwato bwavaga muri Venezuela

Yanditswe na IGIHE
Kuya 2 December 2025 saa 09:52
Yasuwe :

Ubuyobozi bw’ingabo za Amerika bwatangaje ko hatanzwe itegeko ryo kugaba ibitero ku bwato buva muri Venezuela bikekwa ko bwari butwaye ibiyobyabwenge.

Igitero cya mbere cyagabwe cyaturikije ubwato ariko hagaragara abantu babiri bakirokotse, nubwo ubwato bwari bwafashwe n’umuriro.

Umuvugizi wa White House, Karoline Leavitt, ku wa 1 Ukuboza 2025 yavuze ko “[Frank] Bradley yafashe icyemezo cyiza bijyanye n’urwego rw’ubuyobozi arimo n’itegeko.”

Leavitt yemeje ko Minisitiri w’Ingabo Pete Hegseth yatanze uburenganzira bwo kugaba ibi bitero ariko atatanze amabwiriza yo kwica abantu bose.

BBC yanditse ko abadepite b’Aba-Democrates n’Aba-Republicain bagaragaje impungenge kuri ibi bitero bityo bikwiye gusuzumwa.

Leavitt ntiyemeje niba igitero cya mbere hari babiri bakirokotse cyangwa se icya kabiri cyagabwe hari umugambi wo kubahitana.

Inkuru zivuga ko mu gitero cyo ku wa 2 Nzeri 2025, Minisitiri w’Ingabo Pete Hegseth yategetse ko abari mu bwato byakekwaga ko butwaye ibiyobyabwenge bicwa zatumye hongera kwibazwa niba ibitero bya Amerika ku bakekwaho kwambutsa ibiyobyabwenge byubahiriza amategeko.

Hashize iminsi mike Amerika yongereye ingabo mu karere ka Caraïbe, inagaba ibitero hafi y’inkombe ya Columbia na Venezuela ivuga ko ari uburyo bwo kurwanya ubucuruzi bw’ibiyobyabwenge.

Magingo aya abantu 80 ni bob amaze guhitanwa n’ibi bitero kuva muri Nzeri 2025.

Amerika yatanze uburenganzira bwo kugaba ibitero ku bwato buturuka muri Venezuela bikekwa ko butwaye ibiyobyabwenge

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages