00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amerika: Urujijo ku bakozi ba Leta babujijwe gusubiza ubusabe bwa Elon Musk

Yanditswe na Tuyishimire Umutesi Celine
Kuya 24 February 2025 saa 12:16
Yasuwe :

Inzego zitandukanye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika zirimo Urwego rw’Iperereza, FBI, na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga byabujije abakozi babyo gusubiza ubutumwa bwa Elon Musk, bubasaba kuvuga ibyo bakoze mu cyumweru gishize cyangwa bakirukanwa, bituma benshi bibaza ikizababaho mu gihe batasubiza ubwo butumwa.

Ku wa 22 Gashyantare 2025, abakozi b’inzego zitandukanye za leta babonye ubutumwa (email) busaba buri mukozi kwerekana raporo y’ibyo yakoze muri icyo cyumweru.

Inzego zirimo urwa FBI zahise zibwira abakozi bazo kudahita basubiza ubwo butumwa, izindi zibwira abakozi bazo kuba barindiriye umurongo bazakoresha basubiza ubwo butumwa, mu gihe hari izindi zahise zibwira abakozi bazo gukurikiza amabwiriza.

Umuyobozi Mukuru wa FBI, Kash Patel, abinyujije mu butumwa (email) yandikiye abakozi b’urwego akuriye ababuza gusubiza ubwo butumwa uretse igihe binyuze mu nzira zisanzwe, aho abakozi baha raporo umuyobozi ubahagarariye nawe akayigeza ku bandi bayobozi.

Yagize ati “FBI binyuze mu buyobozi bwayo niyo ifite inshingano zo gusuzuma ibiri gukorwa.”

Ibi byatumye benshi mu bakozi bajya mu rujijo, kuko batinya ko mu gihe batabusubiza, bashobora kwirukanwa cyane ko uyu mugambi wa Elon Musk, ushyigikiwe na Perezida Donald Trump.

Abakozi ba leta basabwe kudasubiza Elon Musk bari mu rujijo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .