Kuri uyu wa 17 Werurwe 2026, Kent yagaragaje ko nubwo Perezida Donald Trump yafashe icyemezo cyo gushoza intambara kuri Iran, nta kigaragaza ko Tehran yari ifite umugambi wo guhungabanya umutekano w’Abanyamerika.
Kent yasobanuye ko bigaragara ko Amerika yatangije iyi ntambara ibishingiye ku busabe bwa Israel n’Abanyamerika bakorana na yo, bafite imbaraga zo kumvisha Umukuru w’Igihugu ko cyari icyemezo gikwiye.
Yagize ati "Nshingiye ku mutimanama, ntabwo nshyigikiye intambara yo muri Iran. Iran ntiyari iteje ikibazo cya vuba ku gihugu cyacu kandi bigaragara ko iyi ntambara yatewe n’igitutu cya Israel n’abahuza b’abanyembaraga b’Abanyamerika.”
Amerika na Israel byifatanya muri iyi ntambara kuva tariki ya 28 Gashyantare 2026, binyuze mu bikorwa bya gisirikare byiswe “Operation Epic Fury” na “Operation Roaring Lion”.
Ubuyobozi bw’ibihugu byombi busobanura ko bugamije gusenya ibikorwaremezo bitunganyirizwamo ingufu za nucléaire, misile n’inganda zazo, ariko ko binashaka gufasha Abanya-Iran kwihitiramo abayobozi beza.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!