Abanyamerika b’amikoro make bagaragaje ko gufunga kwa Spirit Airlines bishyize iherezo ku ngendo zabo kuko ari yo yagiraga amatike ahendutse.
Icyemezo cyo guhagarika ingendo cyafashwe mu buryo busa n’ubuhutiweho, bituma bamwe mu bagenzi bahera ku kibuga cy’indege haba muri Amerika, muri Carraibe no muri Amerika y’Amajyepfo.
Impamvu zatumye ifunga imiryango harimo n’izamuka ry’ibiciro by’amavuta y’indege ahanini ryatewe n’intambara ya Amerika na Iran imaze amezi abiri.
Iyi sosiyete y’indege yatangiye mu myaka ya 1990 izwiho cyane gutwara abantu kuri make ariko na yo serivisi zayo zikaba izo ku rwego rwo hasi.
Nyuma y’ifunga ry’iyi sosiyete izindi nka Frontier, JetBlue na Southwest zahise zishyiraho igabanyirizwa ku matike y’indege mu gihe Delta na American Airlines zahise zitangira gutanga amatike ya make y’agateganyo ku bakiriya ba Spirit Airlines



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!