Uyu mushinga wemejwe ku bwiganze bw’abagize Sena baturuka mu mashyaka yombi, aho watowe n’amajwi 86 awushyigikiye, mu gihe 11 bawanze.
Senateri Darline Graham, mushiki wa Lindsey Graham wamusimbuye by’agateganyo muri Sena ndetse uri kwiyamamariza kuzahagararira ako gace mu gihe cy’imyaka itandatu, ni we wayoboye igikorwa cyo gutora uyu mushinga.
Uyu mushinga w’itegeko uteganya gushyiraho ibihano ku Burusiya ndetse no ku bihugu bibushyigikiye mu ntambara bwashoje muri Ukraine.
Uteganya gushyiraho umusoro wa 100% ku bicuruzwa biva mu bihugu bigura ibikomoka kuri peteroli na gazi mu Burusiya
Ibihano biteganyijwe byibanda ku banyapolitiki b’u Burusiya, abanyemari, amabanki n’ibigo by’imari.
Gusa uyu mushinga uracyategereje kujya mu Mutwe w’Abadepite, aho ugomba kwemezwa kugira ngo ukomeze inzira yo kuba itegeko.
Lindsey Graham, witabye Imana mu kwezi gushize afite imyaka 71, yari umwe mu batangije uyu mushinga.
Uyu munyapolitiki wari uzwiho gushyigikira politiki y’ububanyi n’amahanga, yari umwe mu bantu bakomeye mu ishyaka ry’Aba-Republicain bashyigikiraga Ukraine ndetse yari afitanye umubano ukomeye na Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelenskyy. Yari kandi yarasuye Ukraine ku nshuro ya 10 mbere gato y’uko yitaba Imana.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!