00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amerika na Koreya y’Epfo byagabanyije imyitozo ya gisirikare bifatanyamo

Yanditswe na IGIHE
Kuya 19 August 2026 saa 11:50
Yasuwe :

Ingabo za Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’iza Koreya y’Epfo zumvikanye kugabanya igihe n’ingano by’imyitozo ya gisirikare zihuriraho, kubera itegeko rya Perezida Donald Trump.

Imyitozo ya Ulchi Freedom Shield yari yatangiye ku wa Mbere, iteganyijwe kumara iminsi 11, ariko izarangira ku wa Gatanu, icyumweru kimwe mbere y’igihe yari yateganyijwe kurangirira.

Umuyobozi muri Minisiteri y’Ingabo ya Amerika yavuze ko, kubera amabwiriza ya Trump na Minisitiri w’Ingabo Pete Hegseth, iyi myitozo “yagabanyijwe ku buryo bugaragara”.

Bimwe mu bikorwa by’imyitozo isanzwe byahagaritswe, ibindi bisimbuzwa imyitozo ikorwa hakurikijwe ikoranabuhanga.

Ati “Izi mpinduka zizakomeza gutuma intego z’ingenzi z’imyitozo no kwitegura urugamba zigerwaho. Nta ngaruka zizagira ku ntego z’imyitozo y’ingabo za Amerika.”

Koreya y’Epfo yemeje ko kugabanya iyi myitozo byakozwe bisabwe na Amerika. Ibihugu byombi byanemeye kugabanya ingano y’imyitozo imwe ikorerwa ku butaka.

Trump yavuze ko icyemezo cye gifitanye isano n’umubano mwiza afitanye n’Umuyobozi wa Koreya ya Ruguru, Kim Jong Un, ndetse no kuba Koreya y’Epfo yaranze kwifatanya n’intambara Amerika irimo kurwana na Iran.

Ulchi Freedom Shield ahanini ni imyitozo ikoresha ikoranabuhanga mu gutegura uburyo Amerika na Koreya y’Epfo byakwitwara mu gihe habaye ikibazo cy’umutekano mu karere.

Imyitozo y'ingabo za Koreya y'Epfo na Amerika yagabanyirijwe igihe

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages