Aya masezerano y’ibanze yatumye ibiciro bya peteroli bigabanyukaho 4%, ariko ikibazo cya gahunda ya Iran y’intwaro za nucleaire gisigara mu bigomba gukomeza kuganirwaho.
Trump yanditse kuri Truth Social ati “Amasezerano n’Ubutegetsi bwa Kiyiilamu bwa Iran ubu yararangiye,”
Ubutumwa bwe bwakurikiye ubwa Minisitiri w’Intebe wa Pakistan Shehbaz Sharif, umuhuza muri ibi biganiro buvuga ko amasezerano yari amaze kugerwaho ku wa Mbere mu gitongo ku masaha yo mu Burasirazuba bwo Hagati.
Amasezerano y’imikoranire biteganyijwe ko azashyirwaho umukono ku mugaragaro ku wa Gatanu mu Busuwisi.
Amakuru arambuye kuri ayo masezerano ntibyari byamenyekana ako kanya. Sharif yavuze ko amasezerano asaba “guhagarika ako kanya kandi burundu ibikorwa bya gisirikare ku mpande zose, harimo na Liban.”
Liban yari ikibazo gikomeye mu biganiro, aho Israel na Hezbollah bitumviye ubusabe bwa Trump n’abandi bwo guhagarika ibitero hagati yabo mu byumweru bishize.
Minisitiri Wungirije w’Ububanyi n’amahanga wa Iran, Kazem Gharibabadi, yavuze ko hazakurikiraho kuganira ku yandi masezerano arambuye mu gihe cy’iminsi 60 y’agahenge, harimo no koroshya ibihano yafatiwe Iran.
Trump yavuze ko Umuhora wa Hormuz, inzira ikomeye ikoreshwa mu gutwara peteroli na gaze ku Isi, Iran yari yarahagaritse mu mezi ashize, izafungurwa ku wa Gatanu, kandi ko yategetse ko ibikorwa by’ingabo za Amerika zifunze Hormuz bihagarara.
Yagize ati “Ubwato bw’Isi, mucane moteri zanyu, reka ibikomoka kuri peteroli bigende”



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!