00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amerika na Iran bigiye guhagarika imirwano, bijye i Doha mu biganiro

Yanditswe na IGIHE
Kuya 29 June 2026 saa 08:18
Yasuwe :

Amerika na Iran byemeranyije guhagarika imirwano yari imaze iminsi ibera mu kigobe cy’Abarabu, binemeranya gusubira mu biganiro bigamije gukemura ihangana rimaze iminsi ribera mu muhora wa Hormuz, nk’uko byatangajwe n’umwe mu bayobozi bo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Uwo muyobozi yavuze ko impande zombi zemeranyije guhagarika imirwano by’agateganyo, ku buryo ingendo z’ubwato zishobora kongera gukorwa mu bwisanzure, mu gihe ibiganiro bya tekiniki bikomeje ku ngingo zose ziri mu masezerano y’ubwumvikane impande zombi zashyizeho umukono ku wa 17 Kamena.

Amakuru yatangajwe na Axios yavuze ko ibiganiro bishya biteganyijwe gusubukurwa ku wa Kabiri tariki 30 Kamena i Doha muri Qatar, mu gihe impande zombi zikomeje gushaka uburyo bwo kurinda amasezerano y’agahenge yari amaze iminsi ashyirwa mu kaga n’imirwano yagiye isubukurwa.

Iyi myanzuro ibaye nyuma y’iminsi y’imirwano yagiye irangwa n’ibitero by’ibisasu na za drone hagati y’impande zombi, byakurikiye igitero cy’indege cyari cyagabwe ku bwato butwara ibicuruzwa mu muyoboro wa Hormuz.

Mu minsi ishize, Amerika na Iran byagiye bishinjanya kurenga ku gahenge k’agateganyo kari kahagaritse imirwano, mu gihe hari impungenge z’uko amakimbirane ashobora kongera gufata intera.

Ku rundi ruhande, Amerika yari iherutse kuvuga ko ishobora gukoresha ingufu za gisirikare mu gihe Iran itubahirije ibyo bumvikanyeho, mu gihe Iran na yo yakomeje kuvuga ko ifite uburenganzira bwo kwihorera ku bitero igabwaho.

Ibi biganiro bishya byitezweho kugabanya umwuka mubi wari ukomeje kwiyongera mu karere, cyane cyane ku bw’umutekano w’ubwato n’ubucuruzi mpuzamahanga bukorerwa muri uwo muyoboro ukomeye ku isi.

Zimwe mu ngaruka z’iyi mirwano yubuye hagati ya Iran na Amerika ni ukongera kuzamuka kw’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli byiyongereyo 0,8% bigera kuri 72,57$ ku kagunguru. Ni mu gihe ubwo ibihugu byombi byemeranyaga ku gahenge ibi biciro byari byagabanyutseho 10,6%.

Gahunda yo gutangiza ibiganiro bya Amerika na Iran yari yitabiriwe na Visi Perezida, JD Vance

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages