Minisiteri y’Ingabo muri Amerika iherutse gutegeka ko ubwato butwara indege n’ibindi bikoresho bijyana nabwo byakwerekeza mu nyanja ya Caraïbes.
Abayobozi basobanura ko uko kongera ingabo muri ibyo bice, bifitanye isano na gahunda yo kurwanya ubwato bwikorera ibiyobyabwenge bubyinjiza muri Amerika, gusa abasesenguzi bo bavuga ko bigamije gukuraho ubutegetsi buriho muri Venezuela.
Perezida Nicolás Maduro amaze igihe kinini adacana uwaka na Trump ndetse yakunze kuvuga ko umugambi wo gushaka kumukura ku butegetsi utazahira Amerika.
Amerika imaze kugaba ibitero 10 ku bwato bikekwa ko bwari butwaye ibiyobyabwenge, aho byaguyemo abantu 40.
Muri Pentagon, bivugwa ko abantu bose badashyigikiye ko uyu mwuka mubi ukomeza gututumba. Alvin Holsey uyooboye itsinda rishinzwe imyitwarire mu gisirikare, yavuze ko atewe impungenge n’ibi bikorwa ndetse yatangaje ko afite gahunda yo kwegura.
Nubwo yatanze uwo muburo, ubuyobozi bwa Trump bukomeje kotsa igitutu Venezuela ndetse byageze n’aho Trump ategeka inzego ze z’ubutasi kwinjira muri Venezuela zikajya guhiga abo bakoresha ibiyobyabwenge.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!