00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amerika iryamiye amajanja icunga abasirikare bashobora kujyana n’ikipe ya Iran mu gikombe cy’Isi

Yanditswe na IGIHE
Kuya 2 June 2026 saa 11:28
Yasuwe :

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Amerika, Marco Rubio yatangaje ko nta muntu ufitanye isano n’igisirikare cya Iran bazemerera ko ajya mu itsinda riyiherekeje mu gikombe cy’Isi ngo yinjire mu gihugu cyabo.

Iran izakinira muri Amerika ariko izaba icumbitse muri Mexique.

Rubio yavuze ko uretse intambara yatangiye muri Gashyantare ishyamiranyije Amerika na Iran, ubundi nta kibazo bafite ikipe ya Iran n’abazayiherekeza mu gikombe cy’Isi.

Ati “Icyo tutazemera ni uko bavanga mu baherekeje ikipe abantu tuzi neza ko ntaho bahuriye n’imikino bafite aho bahuriye na Islamic Revolutionary Guard Corps (IRGC), ibyo tuzabigenzura cyane.”

Ikipe ya Iran izacumbika muri Tijuana muri Mexique ikazajya ikora urugendo rw’iminota ibarirwa muri 55 mu ndege bagiye gukina.

Marco Rubio yavuze ko bari gucungira hafi abanya-Iran bazajya mu gikombe cy'Isi ko nta basirikare bazagendamo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages