Igisirikare cya Amerika cyatangaje ko ibi bitero byibasiye ibikorwaremezo bya gisirikare bya Iran birimo ibirindiro byo ku nkombe z’inyanja, ahabitse misile na drones ndetse n’ibikoresho byifashishwa mu bikorwa bya gisirikare byo mu mazi.
Amerika yavuze ko intego ari ukugabanya ubushobozi bwa Iran bwo kugaba ibitero ku bwato butwara ibicuruzwa bunyura mu Nyanja ya Hormuz.
Iki gitero cyabaye nyuma y’uko Perezida wa Amerika, Donald Trump, atangaje ko igihugu cye kigiye kongera gufungira Iran inzira y’ubwato busohoka cyangwa bwinjira mu gihugu bunyuze muri Hormuz.
Trump yavuze ko Amerika izakomeza kugenzura ubwikorezi bwo mu nzira ya Hormuz, inyuzwamo 20% by’ibikomoka kuri peteroli bikoreshwa ku munzi ku Isi.
Uyu mukuru w’Igihugu yavuze ko Amerika izajya yaka amahoro ya 20% yo gucungira umutekano ubwato bunyura mu nzira ya Hormuz.
Ati "Tuzajya twishyurwa kubera kubarindira umutekano."
Trump yemeza ko nubwo intambara ikomeje ariko gusinya amasezerano yo kuyihagarika bigishoboka.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!