Mu kiganiro n’itangazamakuru cyabaye ku wa 17 Gicurasi, Umuyobozi mu kigo cya Amerika gishinzwe gukumira no kurwanya indwara (CDC) ushinzwe gukurikirana ubwandu bwa Ebola, Dr. Satish K. Pillai, yabajijwe niba hari Abanyamerika banduye ariko yirinze kubivugaho byeruye.
Umunyamakuru wa STAT News ushinzwe gukurikirana amakuru y’indwara zandura, Hellen Branswell, yabwiye Dr. Pillai ko bivugwa ko hari Abanyamerika bashobora kuba baranduye, amubaza niba bashobora gucyurwa, bakajyanwa aho bakurikiranwa byoroshye.
Dr. Pillai yamusubije ati "CDC n’ibiro byayo muri kiriya gihugu biri gukorana n’abafatanyabikorwa b’inzego mpuzamahanga na Ambasade kugira ngo dukurikirane ikibazo cyose n’ibikenewe. Ni ikibazo gihinduka cyane, bityo icyo navuga aka kanya ni uko tuzakomeza kugikurikirana."
Mike Stobbe wa Associated Press yasubiyemo ikibazo cya Hellen, abwira Dr. Pillai ko abanyamakuru bagikeneyeho umucyo, ati “Ndabizi ko iyi Leta iba ishaka ko ibintu bijya mu mucyo. None wasubiza iki kibazo nta guca ku ruhande?”
Dr. Pillai yamusubije ati “Rero navuga ko tutaganira cyangwa ngo tuvuge ku makuru bwite y’abantu. Leta ya Amerika niba ifite andi makuru igomba kubasangiza, tuzakomeza kuyabasangiza.”
Mbere y’iki kiganiro, CDC yari yatangaje ko iri gufasha abafatanyabikorwa bari gukorana kugira ngo “bacyure umubare muto w’Abanyamerika bagizweho ingaruka zitaziguye n’iki cyorezo.”
Ikinyamakuru The Washington Post cyatangaje abo Abanyamerika barimo umuryango ukorera umuryango udaharanira inyungu wakoreraga muri Ituri.
Ku wa 17 Gicurasi 2026, STAT News yatangaje ko abayobozi batashatse ko amazina yabo amenyekana bagihamirije ko Amerika ikeka ko hari Abanyamerika bashobora kuba baranduye kandi ko iri gushaka uko yabavana muri RDC.
Muri abo Banyamerika harimo umwe wagaragaje ibimenyetso bya Ebola, bityo ko uwo muntu akeneye gukurwa muri RDC bwangu kugira ngo ahabwe ubuvuzi bwihuse.
Iki kinyamakuru cyatangaje ko Amerika iri gushakisha uko yajyana aba bantu mu kato gatekanye, bagasuzumwa kugira bimenyekane niba baranduye cyangwa bakiri bazima.
Abagihaye amakuru bakibwiye ko bitaremezwa niba aba Banyamerika bazajyanwa muri Amerika, icyakoze ko hakomeje ibiganiro biganisha ku kubajyana mu kigo cya gisirikare cya Amerika kiri mu Budage.
Umuntu wa mbere wagaragayeho iyi Ebola yo mu bwoko bwa Bundibugyo yapfuye muri Mata 2026 ariko amakuru yemezwa bitinze, ikaba yaramaze kugera no muri Uganda. Minisiteri y’Ubuzima ya RDC yemeje ko abantu 88 ari bo bamaze gupfa.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!