00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amerika: Dan Bongino yagizwe Umuyobozi Wungirije wa FBI

Yanditswe na Utuje Cedric
Kuya 24 February 2025 saa 02:41
Yasuwe :

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump yatunguranye, agira Dan Bongino Umuyobozi Wungirije w’Urwego rw’Iperereza muri icyo gihugu, FBI.

Trump yabinyujije mu itangazo yashyize ku mbuga nkoranyambaga kuri uyu wa 24 Gashyantare 2025, aho yavuzemo ko Bongino ari umugabo ukunda igihugu cye ndetse akaba yizeye ko azakorana neza na Kash Patel uherutse kugirwa Umuyobozi Mukuru wa FBI.

Bongino afite imyaka 50 akaba yarabaye Umupolisi muri Leta ya New York ndetse no mu rwego rushinzwe kurinda abayobozi ba Amerika (Secret Service), aho yabaye umurinzi wa ba Perezida babiri barimo George W. Bush na Barack Obama.

Gushyirwaho kwe, ntabwo bisaba kwemezwa na Sena bisobanuye ko FBI izayoborwa n’abagabo babiri batigeze bakora muri uru rwego, ibitari bisanzwe bibaho.

Umuyobozi Wungirije wa FBI, aba afite inshingano zirimo gukurikiranira hafi ibikorwa byose by’uru rwego yaba ibyo munzu no mu mahanga, ubundi akenshi bisaba uba warakoreye uru rwego abifitemo uburambe.

Uyu mugabo wari usanzwe afite ikiganiro cyitwa ‘Dan Bongino Show’ anyuza kuri Facebook ye kikaba gikundwa n’abatari bake ndetse kinakurura ibinyamakuru bikomeye muri iki gihugu.

Ubwo yarari muri iki kiganiro ku wa 21 Gashyantare, yagarutse ku mpinduka ziherutse kuba muri FBI, aho yashimiye Patel uherutse guhabwa inshingano zo kuyobora FBI.

Yagize ati “Kash Patel yawugiyeho kubera impamvu imwe, yagiyeho kugira ngo yongere akomeze FBI.”

Dan Bongino yagizwe Umuyobozi Wungirije wa FBI

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .