Yijeje abaturage ko iperereza riri gukorwa kandi ko bazagezwaho amakuru y’ibizavamo.
Mu ijambo yagejeje ku baturage ku wa 1 Mutarama 2025, ari i Camp David muri Leta ya Maryland, Biden yavuze ko igihugu cyifatanyije n’abaturage ba New Orleans.
Yagize ati “Ni icyaha giteye isoni. Ndababaye kandi nifatanyije namwe. Tuzakomeza kubaba hafi muri iki gihe cy’akababaro.”
Perezida Biden yashimangiye ko New Orleans ari umujyi ukundwa cyane ku Isi kubera amateka; umuco n’abaturage bawo b’imitima ikomeye, yongeraho ko bazakomeza kuguma gutyo uko byagenda kose.
Ati “N’ubwo iki gitero cyakomerekeje uyu mujyi, umwuka w’ubutwari wa New Orleans ntuzigera utsindwa. Uzahora wigaragaza mu bwiza bwayo.”
Mu gihe hagikorwa iperereza kuri iki gitero, Biden yatangaje ko yafashe ingamba zihutirwa zo gukomeza gucunga umutekano.
Yagize ati “Nashyizeho itsinda rihuriweho rishinzwe gufasha inzego zose, haba ku rwego rw’igihugu, urwa leta ndetse n’urw’uturere, kugira ngo hamenyekane icyateye iki gitero kandi hanirindwe ibindi bishobora gukurikiraho.”
Yijeje abaturage ko leta izakomeza gukora ibishoboka byose kugira ngo New Orleans ikomeze gucungirwa umutekano mu buryo buhamye.
Biden kandi yagarutse ku kindi gitero cyabereye i Las Vegas, aho imodoka yo mu bwoko bwa Tesla Cybertruck yaturikiye kuri Trump International Hotel, avuga ko hari gukorwa iperereza ngo barebe ko bitaba ari icy’iterabwoba.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!