Ni ikiza cyibasiye Amerika ku itariki 24 Mutarama 2026 mu bice byinshi ariko by’umwihariko mu Majyepfo no mu Burasirazuba.
Reuters yanditse ko ibyo byatumye abantu barenga 217.000 babura umuriro w’amashanyarazi, cyane cyane muri Leta ya Louisiana, Mississippi, Texas na Tennessee.
Kubera icyo kiza byageze mu gitondo cyo kuri iki cyumeru hamwe mu ngo zimwe n’ahakorerwa ubucuruzi umuriro w’amashanyarazi utaragaruka.
Icyo kiza kandi by’umwihariko umuyaga wahungabanyije cyane ubwikorezi bwo mu kirere aho ingendo z’indege zirenga 4.000 zari ziteganyijwe ku wa Gatandatu zahagaritswe.
Izindi ngendo z’indege kandi zirenga 9.400 zari ziteganyijwe uyu munsi ku Cyumweru na zo zarahagaritswe.
Sosiyete zikora ubwikorezi bwo mu kirere zirimo nka Delta, JetBlue na United zasabye abagenzi kwihanganira izo mpinduka zo guhagarikwa kw’ingendo ndetse zohereje abakozi ku bibuga by’indege kugira ngo bafashe mu gukuraho urubura rwafashe ku ndege.
Perezida wa Amerika, Donald Trump, yavuze ko icyo kiza cy’ubukonje bukabije cyihariye mu mateka y’igihugu ndetse aca iteka rigena inkunga yo ku rwego rw’igihugu yo gutabara abahuye n’ibiza.
Iryo teka rireba Leta 12 zirimo South Carolina, Virginia, Tennessee, Georgia, North Carolina, Maryland, Arkansas, Kentucky, Louisiana, Mississippi, Indiana na West Virginia.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!