00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

AI ya Anthropic yinjiriye ikoranabuhanga ry’ibigo bitatu

Yanditswe na IGIHE
Kuya 31 July 2026 saa 08:44
Yasuwe :

Ikigo Anthropic kizwiho gukora porogaramu y’ubwenge buhangano ya Claude, cyatangaje ko zimwe muri AI zacyo zinjiye mu buryo butemewe muri sisitemu z’ibigo bitatu, mu gihe zari mu igeragezwa ry’ubushobozi bwazo mu mutekano w’ikoranabuhanga.

Ibyo byabaye ubwo izo AI zahabwaga umukoro wo gushakisha amakuru yari yahishwe muri mudasobwa iri ku wundi muyoboro. Zari zizi ko ari igeragezwa, ariko kubera ikibazo cyabaye mu buryo iryo gerageza ryari ryateguwe, zabashije kugera kuri internet nyayo, zinjira muri sisitemu z’ibigo bitari mu byari bigize iryo suzuma.

Anthropic yavuze ko izo AI zakoresheje uburyo busanzwe bukoreshwa n’abagizi ba nabi bo kuri internet, burimo kuvumbura amagambo y’ibanga yoroshye no gushaka ibice bya sisitemu byinjirwamo umuntu adasabye kwemeza umwirondoro we.

Imwe muri AI zari zikomeye kurusha izindi yaje gutahura ko yari yageze kuri internet nyayo, ihita ihagarika ibyo yakoraga.

Anthropic ntiyahise imenya ko ibyo byabaye. Yabitahuye nyuma yo gusuzuma ibizamini birenga ibihumbi 140, isuzuma ryakozwe nyuma y’uko OpenAI na yo itangaje ko AI yayo yari yarenze ahari hagenewe igeragezwa, ikinjira muri sisitemu z’urubuga rwa Hugging Face.

Ikibazo cya mbere cya Anthropic cyabaye muri Mata 2026. Ibigo byinjiriwe ntibyari byarabimenye, ariko Anthropic yavuze ko yatangiye gukorana na byo kugira ngo harebwe niba hari amakuru cyangwa ibikorwa byangiritse.

Anthropic ni kimwe mu bigo bikomeye ku Isi muri iki gihe mu bwenge buhangano

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages