00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Agaciro ka Ferrari gakomeje kugwa nyuma yo gushyira hanze imodoka y’amashanyarazi

Yanditswe na Utuje Cedric
Kuya 1 June 2026 saa 02:54
Yasuwe :

Agaciro k’uruganda rukora imodoka rwa Ferrari ku isoko ry’imari n’imigabane kagabanyutseho 8%, kuva yashyira hanze imodoka yayo ya mbere ikoresha amashanyarazi yitwa Luce.

Iyi modoka yakozwe ku bufatanye n’ikigo LoveFrom, cyashinzwe na Sir Jony Ive, wahoze ari Umuyobozi ushinzwe gukora imiterere y’ibikoresho (design) muri Apple. Gusa kuva bayishyira hanze, abantu benshi bakomeje kunenga imiterere yayo, ibikomeje gutuma agaciro ka Ferrari kagabanyuka.

Ubwo Luce yamurikwaga byari ibirori bikomeye kuko byatumuwimo Perezida w’u Butaliyani aho uru ruganda rukorera hamwe n’Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi, Papa Leo XIV.

Iyi modoka igura 640.000$ (asaga miliyoni 935 Frw). Niyo ya mbere Ferrari ikoze ifite imyanya itanu yo kwicaramo.

Benshi bagaragaza ko Ferrari yatengushye abakunzi bayo kuko yari isanzwe izwi ku modoka za lisansi, zihuta cyane, ndetse zikagira moteri isakuza, ibyazihaga umwihariko ku isoko.

Ibi nibyo byatumye bamwe bayitakariza icyizere ndetse imigabane yayo itangira kugwa.

Iyi modoka Ferrari iherutse gushyira hanze, ikomeje gutuma agaciro k’uru ruganda kagwa

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages