00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Agaciro k’imigabane ya Boeing kagabanyutseho 4,1% kubera u Bushinwa

Yanditswe na Mugisha Christian
Kuya 15 May 2026 saa 08:19
Yasuwe :

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko u Bushinwa bwemeye kugura indege nshya 200 mu ruganda rwa Boeing. Uyu mubare wabaye muto cyane ugereranyije n’ibyari byitezwe, kuko amakuru ya mbere yavugaga ko ibi bihugu byombi byaganiraga ku masezerano magari yo kugura indege 500.

Kubera ko umubare w’indege watangajwe ari muto ku uwari witezwe, agaciro k’imigabane y’uruganda rwa Boeing ku isoko ry’imari kagabanyutseho 4,1%.

Aya masezerano yemeranyijweho mu biganiro byahuje Perezida wa Amerika n’uw’u Bushinwa, mu ruzinduko Trump ari kugirira muri iki gihugu cyo muri Aziya.

Mu bihe bya vuba uruganda rwa Boeing rwagiye rugorwa no kugirana amasezerano y’ubucuruzi n’u Bushinwa. Mbere y’iri tangazo, amasezerano magari aheruka hagati y’impande zombi, yari mu 2017 ubwo u Bushinwa bwaguraga indege 300.

Kuva icyo gihe, uruganda rwa Boeing rwagurishije indege 51 gusa ku Bushinwa, inyinshi muri zo zikaba izitwara imizigo. Uruganda rw’i Burayi ruhanganye na Boeing rwitwa Airbus, nirwo rwasaga nk’aho rwigaruriye isoko ry’u Bushinwa kuva mu 2018.

Nubwo iyi mibare iri hasi, u Bushinwa bukeneye indege nyinshi cyane kugira ngo bubashe guhaza isoko ryabwo. Impuguke zemeza ko iki gihugu magingo aya gikeneye indege nshya zigera kuri 1.000.

Imibare yerekana ko u Bushinwa buzakenera nibura indege nshya zitwara abagenzi zigera kuri 9.000 bitarenze umwaka wa 2045.

Trump yatangaje ko u Bushinwa bwemeye kugura indege nshya 200 mu ruganda rwa Boeing

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages