00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Afurika y’Epfo: Inganda z’imyenda zabuze abakozi nyuma yo kwirukana abimukira

Yanditswe na IGIHE
Kuya 6 August 2026 saa 03:33
Yasuwe :

Inganda zikora imyenda mu mujyi wa Newcastle mu Ntara ya KwaZulu-Natal muri Afurika y’Epfo zatangiye guhura n’ikibazo cy’ibura ry’abakozi nyuma y’uko abimukira benshi bavuye mu gihugu kubera imyigaragambyo yo kubarwanya.

Ibi byatumye imashini nyinshi zidoda imyenda zisigara zidakoreshwa mu nganda, mu gihe ba nyirazo bavuga ko bagorwa no kubona abakozi bafite ubumenyi nk’ubw’abimukira bari basanzwe bakora muri izo nganda.

Aba bimukira bavuye muri Afurika y’Epfo nyuma y’imyigaragambyo yari iyobowe n’umutwe urwanya abimukira witwa March and March, wari ugamije gusaba ko imirimo ihabwa Abanyafurika y’Epfo, aho bavuga ko abimukira ari bo batuma abaturage babura akazi.

Icyakora, abashakashatsi bavuga ko nta gihamya ihagije igaragaza ko abimukira ari bo nyirabayazana w’ikibazo cy’ubushomeri kiri muri icyo gihugu.

Amasosiyete akora imyenda muri Newcastle avuga ko yabuze abakozi bari bafite ubuhanga bwihariye mu kudoda, kandi ko bitaboroheye guhita babasimbuza Abanyafurika y’Epfo.

Alex Liu, umwe mu bafite uruganda rukora imyenda muri Newcastle, yavuze ko ubumenyi abakozi b’abimukira bari bafite budashobora guhita busimbuzwa n’abakozi bashya badafite uburambe.

Hari n’abandi bafite inganda batangiye guhugura Abanyafurika y’Epfo kugira ngo basimbure abakozi b’abanyamahanga bagiye.

Uruganda rwa Ronghua Yan rwahuguye abakozi barindwi baho nyuma yo kubura abakozi b’abanyamahanga bagera kuri 40 mu kwezi kwa Kamena.

Ihuriro ry’abakozi bo mu nganda z’imyenda mu majyepfo ya Afurika (Southern African Clothing and Textile Workers’ Union) rivuga ko hafi 15% by’abakozi bakoraga mu nganda z’imyenda i Newcastle, bangana n’abantu bagera kuri 2.250, bavuye mu kazi mu gihe cy’imyigaragambyo.

Abasesenguzi b’isoko ry’umurimo bavuga ko kugira ngo Abanyafurika y’Epfo bongere gushishikarira gukora mu nganda hakenewe ingamba zo kuzahura uru rwego, atari ukuzamura imishahara gusa ahubwo no kunoza imikorere n’amahirwe yo kuzamuka mu kazi.

Inganda nyinshi z’imyenda muri Newcastle zifitwe n’Abashinwa bamaze imyaka myinshi baba muri Afurika y’Epfo. Zikorera imyenda amasoko y’imbere mu gihugu, kandi uru rwego rufatwa nk’ingirakamaro mu bukungu bw’uyu mujyi.

Muri Afurika y’Epfo, inganda z’imyenda zabuze abakozi nyuma yo kwirukana abimukira

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages