00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abishwe n’umutingito muri Venezuela barenze 1.400

Yanditswe na IGIHE
Kuya 28 June 2026 saa 10:00
Yasuwe :

Umubare w’abantu bamaze kwitaba Imana nyuma y’umutingito ukomeye wibasiye Venezuela wageze hejuru ya 1.400, mu gihe ibikorwa byo gushakisha abarokotse bikomeje gukazwa n’inzego z’ubutabazi zo mu gihugu no mu mahanga.

Uyu mutingito wabaye ku wa 24 Kamena 2026 wibasiye cyane uturere twa La Guaira n’igice cya Caracas, aho inzu nyinshi zasenyutse.

Abayobozi batangaje ko abarenga 1.600 baturutse mu bihugu bitandukanye bamaze kugera muri Venezuela gufasha mu bikorwa byo gushakisha abapfuye no gutabara abakiri bazima. Mu duce twibasiwe cyane, hakomeje kugaragara ibikorwa by’indege za kajugujugu n’abatabazi.

Mu Karere ka Caraballeda, kamwe mu twibasiwe cyane, abaturage benshi bamaze iminsi baryamye mu mihanda kubera gutinya ko inzu basigaye batuyemo zishobora gusenyuka burundu kubera indi mitingito.

Amakuru kandi avuga ko hari abantu benshi baburiwe irengero, aho bamwe mu nzego zitandukanye bavuga ko abagera kuri 55.000 bashobora kuba bataraboneka.

Mu gihe cy’ibi byago, ibihugu bitandukanye bikomeje kohereza ubutabazi, ndetse na Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangaje ko zishobora gutanga inkunga nini ifite agaciro ka miliyoni amagana z’amadolari mu gufasha iki gihugu guhangana n’ingaruka z’ibi biza.

Abasesenguzi bavuga ko iki kibazo gishobora kugira ingaruka za politiki mu gihugu, cyane cyane ku buyobozi buriho, mu gihe igitutu cy’abaturage n’amahanga gikomeje kwiyongera ku buryo ubutabazi bugomba kugera kuri bose vuba.

Abishwe n’umutingito muri Venezuela barenze 1.400

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages