Ibi yabivugiye mu kiganiro yagiranye na France 2 TV ku wa 4 Gashyantare 2026, aho yavuze ko umubare munini ari uw’abasirikare bashyizwe ku rutonde rw’ababuriwe irengero.
Yagize ati “Muri Ukraine umubare w’abasirikare baguye ku rugamba yaba ababigize umwuga cyangwa ababiyunzeho nyuma bose ni 55.000”
Akomeza avuga ko uwo mubare ari muto ugereranyije n’umubare w’ababuze bagishakishwa.
Mu 2025, Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu gihugu wa Ukraine yatangaje ko abagera ku bihumbi 70 baburiwe irengero, ndetse kuva icyo gihe nta makuru yongeye kugaragazwa avuga ko hari ababa barabonetse.
Ubusanzwe ibi bihugu byombi byatangazaga umubare w’abasirikare bitekereza ko basize ubuzima mu mirwano yabaye, ariko ugasanga Ukraine ivuze umubare w’abasirikare b’u Burusiya bishwe n’u Burusiya bikagenda gutyo.
Ni gake Ukraine itangaza umubare w’abasirikare yatakaje muri iyi ntambara. Ku rundi ruhande BBC igaragaza ko mu bugenzuzi yakoze u Burusiya bwatakaje nibura abasirikare ibuhumbi 160.
Ibi bibaye mu gihe Leta Zunze Ubumwe za Amerika zimaze igihe zigerageza kugarura amahoro hagati y’ibihugu byombi binyuze mu biganiro.
Mu biganiro Amerika yagiye igirana n’ibihugu byombi yagiye igaragaza ko byagenze neza gusa ikibazo gikomeza kuba ingorabahizi ni ibice bya Ukraine u Burusiya bwafashe.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!