00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abasirikare ba Ukraine batorotse ikigo cy’imyitozo mu Bufaransa

Yanditswe na Twagirayezu Patrick
Kuya 7 January 2025 saa 11:13
Yasuwe :

Abasirikare mu ngabo zidasanzwe ba Ukraine, batorotse ikigo cy’imyotozo ya gisirikare mu Bufaransa, byongera kuba ikimenyetso cy’uburyo Ukraine ikomeje kugorwa no kubona abasirikare bashoboye.

Abasirikare batorotse bari muri Brigade ya 155, aho abagera kuri 2300 batorezwaga mu Bufaransa, abandi 2700 bagatorezwa muri Ukraine.

Abatorezwa mu Bufaransa, banasuwe na Perezida Emmanuel Macron w’icyo gihugu mu Ukwakira umwaka ushize, amakuru akavuga ko akurikirana imyitozo yabo mu buryo bwihariye, bitewe n’uko abagize iyi Brigade bitezweho kuzahindura ibintu ku rugamba.

Gusa ibi byose ntibyatumye aba basirikare badatoroka, nubwo umubare w’abatorotse utatangajwe. Ubuyobozi bw’iyi Brigade bwasabye aba basirikare kugaruka mu myitozo bakitegura urugamba, uretse ko benshi bemeza ko bigoye cyane.

Ukraine ihanganye n’ikibazo cyo kubona abasirikare bahagije bifuza kuyirwanira intambara ihanganyemo n’u Burusiya, cyane ko benshi babishakaga bagiye ku rugamba bamwe bagapfa, abandi bagakomereka.

Magingo aya, bisaba gukoresha imbaraga zidasanzwe kugira ngo Ukraine ibone abasirikare bahagije, rimwe na rimwe bakaza badafite ubushobozi n’ubushake buhagije bwatuma bitwara neza ku rugamba.

Abasirikare ba Ukraine batorotse ikigo cy'imyitozo ya gisirikare mu Bufaransa

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .