00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abanyeshuri bakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina bagiye guhabwa miliyari 146 Frw

Yanditswe na IGIHE
Kuya 4 June 2026 saa 07:34
Yasuwe :

Kaminuza ya Ohio yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yemeye kwishyura indishyi ya miliyoni 100$ (arenga miliyari 146 Frw) agahabwa abanyeshuri bahoze ari abayo bareze umwe mu barimu bayo kubakorera ihohoterwa rishingiye ku gitsina mu myaka yashize.

Ohio State University n’umunyamategeko w’aba banyeshuri babitangaje ku wa 4 Kamena 2026.

Inama y’Ubutegetsi y’iyi kaminuza yemeje ko aya mafaranga azahabwa abanyeshuri 279. Ni icyemezo gifashwe nyuma y’imyaka myinshi y’imanza zitandukanye zaregwagamo Richard Strauss.

Bivugwa ko iri hohotera ryabaye kuva mu 1978 kugeza mu 1998. Icyo gihe ni bwo Richard Strauss yavuye muri iyi kaminuza.

Mu itangazo rihuriweho hagati y’iyi kaminuza n’umunyamategeko w’abahohotewe rigira riti “Ubuhuza buracyakomeje mu gihe impande zombi ziri kurangiza ibigize amasezerano agize ubu buryo bwo gukemura amakimbirane, andi makuru azatangwa nyuma.”

Richard Strauss wapfuye mu 2005 yiyahuye yari amaze imyaka 20 akorera Kaminuza ya Ohio mu ishami rishinzwe ibijyanye n’ubuvuzi.

Mu 2019 ibyavuye mu iperereza byagaragaje ko uyu mugabo yakoreye ihohotera rishingiye ku gitsina abanyeshuri b’igitsina gabo 177.

Yabahohoteraga binyuze mu gukorakora imyanya yabo y’ibanga n’ibindi bikorwa yitwaje ko ari kubasuzuma.

Nyuma byagaragaye ko abantu barenga 500 bareze iyi kaminuza bagaragaza ko Strauss yabakoreye ihohoterwa rishingiye ku gitsina ariko ntigire icyo ibikoraho.

Abanyeshuri ba Kaminuza ya Ohio bakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina bagiye guhabwa miliyari 146 Frw

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages