00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abanyamigabane ba Tesla barinubira ko itagira umuyobozi uhoraho

Yanditswe na Tuyishimire Umutesi Celine
Kuya 15 July 2025 saa 02:48
Yasuwe :

Abanyamigabane batandukanye b’ikigo gikora imodoka cya Elon Musk, Tesla, batangiye kwijujutira uburyo gisa n’ikitagira umuyobozi uhoraho kandi kiri mu bibazo.

Aba banyamigabane bagaragaza ko kuva mu mwaka ushize ubwo Elon Musk yinjiraga muri politiki, yasaga n’utakitaye ku mibereho ya Tesla.

Uyu mwanzuro wa Elon wo gutangira gushyigikira Perezida Donald Trump uhuzwa no kugabanyuka kwa kimwe cya gatatu cy’amasoko ya Tesla.

Basobanuye ibi bihombo byakomeje na nyuma y’aho Elon avuye ku buyobozi bw’urwego rushinzwe kugabanya isesagurwa ry’umutungo w’igihugu, DOGE.

Abayamigabane bavuga ko amafaranga menshi y’iki kigo asigaye agendera mu misoro nyamara nta soko kigifite nka mbere.

Umuyobozi Mukuru w’ikigo cy’ishoramari cya Gerber Kawasaki, Ross Gerber, yavuze ko bitangaje kubona ikigo kinini nka Tesla kitagira umuyobozi.

Yagize ati “Kugira kimwe mu bigo binini ku Isi ariko kitagira Umuyobozi Mukuru uhoraho nta handi ndabyumva.”

Bagaragaza ko ibyo bibazo byose bikwiye umuyobozi uhoraho wita ku mibereho y’ikigo, akagitekerereza ahazaza hacyo, dore ko bamwe mu banyamigabane batangiye gukuramo akarenge.

Abanyamigabane ba Tesla basabye Elon Musk kongera kwita ku mibereho y'iki kigo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages