Aba bantu batanu bo muri Florida na Wisconsin bavuga ko amategeko yo mu 1996 yakoreshejwe mu kubashinja atagomba gukoreshwa kuko avuga ku bantu batari bafite uburenganzira bwo gutora. Bavuga ko ububasha bwo kugena abemerewe gutora buri mu maboko ya za Leta zigize Amerika, aho kuba Leta Zunze Ubumwe.
Iki kibazo cyazamuwe mu gihe ubuyobozi bwa Trump bwakomeje gushimangira ko bugomba gukaza ingamba zo kurwanya abatora mu buryo butemewe n’amategeko. Abaregwa bashinjwa kurenga ku itegeko ryo mu 1996 ribuza abantu batemerewe gutora kwitabira amatora ya Amerika.
Abunganira abaregwa bavuga ko Itegeko Nshinga riha Leta zigite USA ububasha bwo kugena ibisabwa kugira ngo umuntu atore, bityo Leta Zunze Ubumwe za Amerika itagomba kwivanga mu buryo bwo gukurikirana ibyo bibazo. Ariko Minisiteri y’Ubutabera ya Amerika yo ivuga ko Inteko Ishinga Amategeko ifite ububasha bwo kurinda ubusugire bw’amatora no gushyiraho amategeko ahana abantu batemerewe gutora.
Mu birego bitanu byagaragajwe, abaregwa basabye ko imanza zabo zihagarikwa mbere y’uko zitangira kubera impaka ku mategeko akoreshwa. Abashinjacyaha bo bavuga ko amategeko agamije kurinda amatora no gukumira ibikorwa bishobora guhungabanya uburyo bwemewe bwo gutora.
Magingo aya abantu 129 ni bo bamaze guhamywa ibyaha byo kwitabira amatora batabyemerewe mu myaka 30 ishize.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!