00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abantu 29 bahitanywe n’imvura idasanzwe yaguye i Luanda muri Angola

Yanditswe na Utuje Cedric
Kuya 7 April 2026 saa 06:53
Yasuwe :

Umwuzure watewe n’imvura idasanzwe yaguye mu Murwa Mukuru wa Angola, Luanda n’Umujyi wa Benguela uherereye mu burengerazuba bw’iki gihugu, umaze guhitana abantu basaga 29 abandi barenga 34.000 bagirwaho ingaruka na wo.

Inzego zishinzwe ubutabazi zavuze ko uyu mwuzure wangije ibikorwaremezo byinshi birimo inyubako, imihanda ndetse n’ibiraro, amashanyarazi ndetse n’ibindi.

Perezida wa Angola, João Lourenço yavuze bari gukorera kubura hasi kubura hejuru, gukora cyane ngo batabare ndetse banahe ubufasha mu by’ubuvuzi abagizweho ingaruka.

Urwego rushinzwe ubutabazi no kurwanya inkongi muri Angola, rwatangaje ko abantu 23 mu bapfuye bapfiriye mu Mujyi wa Benguela wibasiwe cyane n’uyu mwuzure na ho abandi batandatu bapfira i Luanda.

Ku rundi ruhande Radio Solidária yatangaje ko imibare y’abamaze gupfira muri uyu mwuzure umaze kugera kuri 33 kuko hamaze kwiyongera abandi bane bo mu Ntara ya Cuanza-Sul mu Burengerazuba bwo Hagati muri iki gihugu.

Abantu 29 bahitanywe n’imvura idasanzwe yaguye i Luanda muri Angola

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages