00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abantu 15 bishwe n’inzara muri Gaza

Yanditswe na IGIHE
Kuya 22 July 2025 saa 09:47
Yasuwe :

Minisiteri y’Ubuzima muri Palestine yatangaje ko abantu 15 barimo abana bane biciwe n’inzara muri Gaza, ibihugu birimo Qatar byamagana Israel idafata abanya-Gaza nk’abantu.

Hashize igihe abanya-Gaza bataka inzara ariko ku wa 22 Nyakanga 2025, inkuru z’abantu bishwe n’inzara zavuzwe kenshi mu bitangazamakuru mpuzamahanga.

Al Jazeera yanditse ko abantu 15 bishwe n’inzara mu gihe 81 baguye mu bitero bya Israel.

Minsitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Qatar, Majed al-Ansari, yavuze ko Israel iri gukora ibyaha bikomeye yica abantu bari ku murongo bategereje gufata amafunguro y’imiryango yabo.

Ati “Guverinoma ya Israel ntabwo ifata abanya-Palestine nk’abantu. Abanya-Palestine baricwa bahagaze ku murongo bategereje gufata ibitunga imiryango yabo.”

Uyu muyobozi yagaragaje ko nihadafatwa ingamba zigamije kugarura amahoro n’ubutegetsi bugendera ku mategeko intambara zo mu Bburasirazuba bwo hagati zitazashira.

Umuryango w’Abongereza ukora ibikorwa by’urukundo, Oxfam wavuze ko abasivile barenga miliyoni 2 bari kwicirwa n’inzara muri Gaza.

Ifunguro ribona umugabo rigasiba undi muri Palestine

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages