Amakuru y’izi mpfu yatangajwe kuri uyu wa Gatanu. Abayobozi bo muri ako gace bavuga ko mu bapfuye harimo abantu bakekwa ko ari Abongereza bane, nubwo bitaremezwa ku mugaragaro.
Abashinzwe ubutabazi babarirwa mu magana bari ku kazi ko kuzimya iyo nkongi, yatangiriye mu gace karimo ibiti byinshi hafi ya Los Gallardos.
Mu ntangiriro, abayobozi bo mu karere ka Andalusia bavuze ko bishoboka ko yaba yaratewe n’insinga z’amashanyarazi zagize ikibazo, ariko sosiyete z’amashanyarazi muri Espagne zirabihakana.
Iperereza riracyakomeje kugira ngo hamenyekane icyateye iyo nkongi.
Imirambo y’abaguye muri iyo nkongi yabonetse hafi y’umudugudu muto wa Bédar, hafi ya Los Gallardos. Abandi bantu 19 baracyashakishwa, mu gihe abaturage babarirwa mu magana bamaze kwimurwa kugira ngo barindwe.
Ikigo gishinzwe ubutabazi muri Andalusia cyatangaje ko abantu bagera kuri 600 batakiri mu ngo zabo kubera iyi nkongi. Abagera kuri 148 bajyanywe mu bigo by’agateganyo byashyizweho kugira ngo bibacumbikire.
Abantu bane bakomeretse bikomeye kubera ubushye n’abagize ibindi bibazo byo guhumeka kubera umwotsi bajyanywe mu bitaro.
Minisitiri w’Intebe wa Espagne, Pedro Sánchez, yavuze ko igihugu cyashyize hamwe imbaraga n’ibikoresho byose bishoboka kugira ngo kizimye iyo nkongi. Yasabye abaturage gukurikiza amabwiriza y’abatabazi no kwitwararika cyane.
Mu bikorwa byo kuzimya umuriro harimo abasirikare, abapolisi n’abashinzwe kuzimya inkongi. Abayobozi batangaje ko abasirikare barenga 220 n’imodoka 70 zoherejwe gufasha mu bikorwa by’ubutabazi, mu gihe abashinzwe umutekano barenga 160 bari gufasha mu kwimura abaturage, kugenzura urujya n’uruza no gushaka icyateye inkongi.
Nibura kajugujugu zirindwi n’indege esheshatu zikoreshwa mu kuzimya umuriro byitabajwe, kuko imiterere y’aho umuriro wibasiye ituma imodoka z’abazimya umuriro zigorwa no kugerayo.
Abahanga bavuga ko ubushyuhe bwinshi bwakomeje kugaragara mu Burayi bw’amajyepfo bwongereye ibyago by’inkongi z’imiriro. Muri Espagne, ubushyuhe bwageze hafi kuri dogere 40°C, bituma ibice byinshi by’igihugu byuma kandi bigira ibyago byo gufatwa n’umuriro.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!