00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abanduye Ebola muri RDC barenze 5.000

Yanditswe na IGIHE
Kuya 19 August 2026 saa 03:43
Yasuwe :

Umubare w’abamaze kwandura Ebola muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), warenze 5.000, mu gihe inzego z’ubuzima zigaragaza ko ingamba zo gukumira iki cyorezo zitaratanga umusaruro wari witezwe.

Imibare ya Leta ya RDC yashyizwe ahagaragara ku wa Kabiri igaragaza ko iki gihugu kimaze kugira abantu 5.021 banduye Ebola.

Iyi Ebola ni yo ya kabiri ikomeye ku Isi, nyuma y’iyibasiye Afurika y’Iburengerazuba hagati ya 2014 na 2016.

Iki ni icyorezo cya 17 cya Ebola cyibasiye RDC, ariko cyamaze kuba icya mbere gikomeye kurusha ibindi byose byabaye muri iki gihugu, hashingiwe ku mubare w’abanduye.

Mu mpera z’icyumweru gishize, umubare w’abamaze guhitanwa n’iki cyorezo wari ugeze kuri 2.378, urenga uw’abishwe n’icyorezo cya Ebola cyabaye hagati ya 2018 na 2020, cyari gisanzwe gifatwa nk’icyahitanye benshi muri RDC.

Iki cyorezo giterwa n’ubwoko bwa Ebola buzwi nka Bundibugyo, kugeza ubu butarabonerwa urukingo cyangwa umuti.

Ebola iri gukomeza gukaza umurego kuva yatangazwa ku mugaragaro ku wa 15 Gicurasi 2026. Inzego z’ubuzima zigaragaza ko ibikorwa byo kuyikumira bibangamiwe n’ibikorwaremezo by’ubuzima bike, abaturage bamwe batitabira gahunda zo kuyirwanya, umutekano muke ndetse n’imyigaragambyo y’abakozi bari mu bikorwa byo guhangana n’iki cyorezo.

RDC iri guhangana n’icyorezo cya Ebola gikomeye kurusha ibindi byose iki gihugu cyigeze guhura na byo, mu gihe inzego z’ubuzima zikomeje kugorwa no kumenya vuba abanduye no kubakurikirana kugira ngo iki cyorezo kidakomeza gukwirakwira.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages