Ni amafaranga yari agomba kwishyurwa umwenda iki ghugu kibereyemo Australia. Bikekwa ko aya mafaranga yibwe muri Mutarama.
Umunyamabanga wa Minisiteri y’Imari muri Sri Lanka, Harshana Suriyapperuma, yabwiye abanyamakuru kuri uyu wa 23 Mata ati “Nubwo Sri Lanka yishyuye umwenda uko byari biteganyijwe, abajura mu bijyanye n’ikoranabuhanga barivanze bayobereza aya mafaranga ku zindi konti.”
Yavuze ko abayobozi bari bashinzwe ibijyanye n’imyenda Sri Lanka ibereyemo abandi, bamaze kwirukanwa ndetse bari gushaka ubufasha mu nzego mpuzamahanga zishinzwe kugenza ibyaha.
Ntabwo haramenyekana uburyo aba bajura bakoresheje mu kwiba aya mafaranga.
Sri Lanka yamenye ko aya mafaranga yibwe nyuma y’uko abagombaga kwishyurwa bagaragaje ko batakiriye ayo mafaranga.
Ambasaderi wa Australia muri Sri Lanka, Matthew Duckworth, yatangaje ko igihugu cyabo cyamenye iby’iki kibazo ndetse bari gufatanya n’ab’i Colombo mu kugikurikirana.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!