00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abadepite bo mu Bufaransa bashyigikiye ko abarembye bazajya bahuhurwa

Yanditswe na IGIHE
Kuya 16 July 2026 saa 08:52
Yasuwe :

Inteko Ishinga Amategeko y’u Bufaransa, umutwe w’Abadepite, yemeje bwa nyuma umushinga w’itegeko rizaha abantu bakuru barwaye indwara zidakira uburenganzira bwo gusaba ubufasha bwo kurangiza ubuzima bwabo.

Iri tegeko ryemejwe ku wa Gatatu, rifatwa nk’intambwe ikomeye mu biganiro byari bimaze imyaka bikorwa mu Bufaransa ku bijyanye n’uburenganzira bw’umuntu ufite uburwayi bukomeye bwo guhitamo uburyo bwo gusoza ubuzima bwe.

Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, wari warasezeranyije iri tegeko ubwo yiyamamarizaga manda ya kabiri mu 2022, yashimiye Abadepite ku “biganiro byubaka kandi byabaye mu bwubahane” bagize kuri iki kibazo.

Abadepite bemeje uyu mushinga ku majwi 291 kuri 241, nyuma y’uko wari umaze gusuzumwa inshuro eshatu.

Uyu mushinga wari warigeze kwemezwa n’Umutwe w’Abadepite umwaka ushize, ariko uza kwangwa na Sena. Nyuma yaho, Guverinoma yemereye Umutwe w’Abadepite kugira ijambo rya nyuma nta kwemezwa na Sena, nk’uko Itegeko Nshinga ribiteganya.

Mu gihe iri tegeko rizatangira gukurikizwa, abantu bakuru bafite indwara idakira kandi itagira umuti, bazajya bemererwa gusaba imiti ishobora kubafasha gupfa mu buryo bwemewe n’amategeko, ariko hakurikijwe amabwiriza akomeye.

Uwo muti ushobora gufatwa n’umurwayi ubwe, cyangwa akawuhabwa n’umuganga cyangwa umuforomo mu gihe umurwayi adashoboye kuwufata kubera ikibazo cy’ubuzima.

Umurwayi uzemererwa ubu bufasha agomba kuba ashoboye gufata icyemezo ku bushake bwe kandi abizi neza, ndetse akaba afite ububabare bwo ku mubiri budashobora kugabanywa n’ubuvuzi cyangwa se abona ko butihanganirwa.

Umuganga azabanza gusuzuma niba umurwayi yujuje ibisabwa, nyuma itsinda ry’abaganga ribiganireho, ariko icyemezo cya nyuma kikaba kizafatwa n’umurwayi ubwe. Umurwayi kandi azaba afite uburenganzira bwo kwisubiraho igihe icyo ari cyo cyose.

Nubwo Inteko Ishinga Amategeko yamaze kubyemeza, iri tegeko ntirirarangiza inzira yaryo. Minisitiri w’Intebe w’u Bufaransa, Sébastien Lecornu, azasaba ko rigenzurwa n’Urukiko rushinzwe kubahiriza Itegeko Nshinga, ari rwo rwego rukuru rushinzwe gusuzuma niba amategeko ahuye n’Itegeko Nshinga ry’igihugu.

Abadepite bo mu Bufaransa bashyigikiye ko abarembye bazajya bahuhurwa

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages