00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abadepite b’Aba-Republicain batangije umushinga w’itegeko uzafasha Trump kugura Greenland

Yanditswe na Utuje Cedric
Kuya 14 January 2025 saa 09:59
Yasuwe :

Abadepite bo mu Ishyaka ry’aba-Republicain rikomokamo Donald Trump witegura kurahirira kuyobora Leta Zunze Ubumwe za Amerika batangije umushinga w’itegeko ryemerera Amerika gutangira ibiganiro na Denmark ngo ishobore kugura ikirwa cya Greenland.

Uyu mushinga w’itegeko wazanywe na depite Andy Ogles ashyigikiwe n’abandi 10, ku wa Mbere tariki 13 Mutarama 2025, uzaba uha uburenganzira Donald Trump guhita atangira ibiganiro na Denmark akimara kurahira.

Uvuga ko “Inteko Ishinga Amategeko ihaye uburenganzira guhera ku wa 20 Mutarama 2025, saa 12h01’ z’amanywa gushaka uko atangira ibiganiro n’Ubwami bwa Denmark bigamije kugura Greenland.”

Ibi bikurikiye icyifuzo cya Trump cyo komeka ikirwa cya Greenland kuri Amerika ku mpamvu z’umutekano w’igihugu aho yatsembye ko atazigera agikuraho ingabo za Amerika zihari cyangwa ngo areke gushyiraho amananiza mu by’ubukungu agamije kugera ku ntego yihaye.

Minisitiri w’Intebe wa Denmark, Mute Egede aherutse kuvuga ko yiteguye kuganira na Trump nyuma y’icyemezo cyo kwanga gukura ingabo za Leta Zunze Ubumwe za Amerika kuri iki kirwa.

Umubare munini w’abaturage uba muri iki Kirwa ushyigikiye icyifuzo cya Trump cyo kugura iki Kirwa nk’uko byagaragajwe mu ikusanyabitekerezo ryakozwe n’ikigo cya ‘Patriot Polling’ ryahamije ko 57% babyifuza.

Greenland ituwe n’abarenga 57.000 kandi 80% by’ubutaka bwayo ni urubura. Ikungahaye ku mabuye y’agaciro arimo zahabu, umuringa, copper na uranium kandi bikekwa ko ifite peteroli nyinshi.

Abadepite b'aba-Republicain batangije umushinga w'itegeko uzaha Trump uburenganzira bwo kugura ikirwa cya Greenland

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .