Ku wa Gatandatu tariki ya 26 Mata 2025, ni bwo Papa Francis yashyinguwe, mu muhango witabiriwe n’abakuru b’ibihugu batandukanye.
Icyo gihe Perezida Zelensky ukomeje gushaka amaboko ku bo mu Burengerazuba bw’Isi yagiranye ibiganiro n’abayobozi banyuranye barimo na Perezida Donald Trump ariko ntihahishuwe ibyo baganiriyeho.
Kuri uyu wa 3 Gicurasi 2025, ni bwo hatangajwe ibyo Zelensky na Donald Trump baganiriye ubwo bahuriraga i Vatican.
Zelensky yavuze ko bagiranye ibiganiro byiza byibanze ku bijyanye n’imikoranire ku bwirinzi bwo mu kirere no kuba Amerika yafatira u Burusiya ibihano kubera intambara bwashoje kuri Ukraine.
Yagaragaje kandi ko mugenzi we wa Amerika yemeye ko iminsi 30 y’agahenge hagati ya Kiev na Moscow yari intambwe nziza yo kurangiza intambara.
Zelensky yirinze kugaragaza ibyo yemerewe na Perezida Donald Trump nubwo bikomeje kuvugwa ko iki gihugu cy’igihangange gishobora gufatira u Burusiya ibindi bihano.
Uyu mukuru w’igihugu yashimangiye ko amasezerano ibihugu byombi biherutse kugirana ku birebana n’umutungo kamere n’amabuye y’agaciro biri mu nyungu z’ibihugu byombi kandi bizatuma Ukraine ishobora gusigasira ishoramari rya Amerika no kurinda abaturage bayo.
Ayo masezerano yemerera Amerika kugira uruhare ku mutungo kamere wa Ukraine no gushora imari mu kongera kubaka iki gihugu cyagizweho ingaruka n’intambara kimazemo igihe.
Perezida Zelensky yasobanuye ko inyungu ziri mu kuba amafaranga Amerika izajya ikuramo n’ubundi azajya yongera agashorwa mu gihugu cye.


TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!