00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

‘Nkinzeho, Nkinguyeho…’ imvugo ya Yago yashimuse imbuga nkoranyambaga

Yanditswe na Utuje Cedric
Kuya 9 July 2026 saa 12:05
Yasuwe :

Amashusho y’Umuhanzi akaba n’Umunyamakuru, Nyarwaya Innocent, wamamaye nka Yago Pondat avuga ngo “Nkinzeho, Nkinguyeho ndongeye nkingaho” ari kuvugisha benshi cyane cyane abakoresha imbuga nkoranyambaga.

Ibi Yago yabivugiye mu kiganiro yakoze ku wa 30 Kamena 2026, aho yavugaga ku ngingo zitandukanye ndetse biza kurangira avuzemo iyi mvugo yasamiwe hejuru na bamwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga mu Rwanda.

Yago Pondat muri icyo kiganiro yaburiye abantu bakomeje kwiyitirira abakunzi b’ibikorwa bye bitwa ‘Big Energy’ mu gusebya Leta y’u Rwanda avuga ko yitandukanyije na bo.

Yavuze ko agiye gutaha mu Rwanda ndetse ko yiteguye kuzahangana n’abo bantu yanze gutangaza amazina, avuga ko azayatangaza icyo gihe azasubirira gukorera i Kigali.

Iki kiganiro kimaze gukurikirwa n’abantu benshi by’umwihariko imvugo yavuzemo ya “Nkinzeho, Nkinguyeho ndongeye nkingaho”

Yago Pondat avuga aya magambo, yavanaga amadarubindi ku maso igice gito ku buryo umureba abona amaso na ho amadarubindi ye afashe ku izuru, gukingaho bikaba kongera kwambara amadarubindi neza.

Mu mashusho yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga agaragaza abantu benshi bari kwigana iyi mvugo ya Yago Pondat ndetse n’ibyamamare birimo Clapton Kibonge, Killaman, DJ Briane, Rusine ndetse n’abandi.

Hari abari kwigana ibyo Yago Pondat yakoraga byo gukuramo no kongera kwambara amadarubindi, abandi bakamwigana bakinga banakingura inzugi, abandi babikora ku biryo n’ibindi bitandukanye.

Yago Pondat yongeye kwigarurira imbuga nkoranyambaga binyuze mu mvugo yakoresheje ikiganwa n'ibyamamare

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages