00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Iran isanga Amerika yarize intambara nabi kubera ubushobozi buke bw’ubutasi

Yanditswe na IGIHE
Kuya 13 August 2026 saa 03:30
Yasuwe :

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika zakoze ikosa rikomeye mu ntambara zashoje kuri Iran no ku kibazo cy’Umuhora wa Hormuz, ingabo za Iran zishimangira ko Hormuz ikiri mu maboko yazo.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran, Abbas Araghchi, yavuze ko Washington yagendeye ku makuru y’ubutasi y’ikinyoma ikavuga ko ikigenzura Hormuz nyamara atari byo.

Ati “Leta Zunze Ubumwe za Amerika zimaze igihe zikora amakosa kubera kunanirwa k’ubutasi. Urugero ni intambara kuri Iran. Ubu irimo gukora irindi kosa rikomeye kurushaho ku Muhora wa Hormuz. Icyago cya mbere kurusha amakuru y’ibinyoma ni ubutasi budashoboye.”

Aya magambo aje nyuma y’uko Perezida Donald Trump avuze ko Amerika iri kugenzura byuzuye Umuhora wa Hormuz.

Umuyobozi w’umutwe udasanzwe mu mgabo za Iran, Hossein Taeb, yavuze ko Hormuz “iri mu biganza bya Iran”, ashimangira ko Iran ikomeje ibikorwa byayo “mu mutekano usesuye”.

Iran yahakanye ibyatangajwe n’abayobozi ba Amerika bavuga ko Hormuz yafunguwe, ivuga ko uzakomeza gufungwa kugeza ibisabwa na Tehran byubahirijwe.

Araghchi yanenze kandi u Bufaransa n’ibindi bihugu byo mu Burengerazuba ku byo yise uburyarya.

Iran na Amerika ntaho biragera mu biganiro byo kongera kubahiriza amasezerano y’agateganyo yo guhagarika imirwano.

Minisitiri Abbas Araghchi yavuze ko ubutasi bwa Amerika budafite ubushobozi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages