Amakuru yaranze icyumweru twabagejejeho guhera kuya 18-24 Ugushyingo 2013, twibanze ku ruzinduko Perezida Paul Kagame, yagiriye muri Kuwait aho yitabiriye inama ya gatatu ihuza Afurika n’ibihugu by’Abarabu. twabagejejeho kandi Televiziyo ikorera kuri ubu ku murongo wa internet, IGIHE TV, ku wa mbere tariki 18 Ugushyingo yatangiye gahunda nshya yo gukora Live Streaming amasaha 24 iminsi yose, aho izajya yerekana ibiganiro bitandukanye, birimo ibigenewe abato n’abakuru. na none n’inkuru ivuga Ihuriro ry’abagize inama y’Abepisikopi Gatorika bo muri Afurika yo hagati (ACEAC) n’iry’Abepisikopi b’Abangilikani bo muri Congo, u Burundi n’u Rwanda bavuga ko mu minsi ya vuba bagiye gutangiza ubukangurambaga bugamije guharanira ubutabera, ubwiyunge n’umutekano wo mu karere k’ibiyaga bigari.


















TANGA IGITEKEREZO