00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

UTAB yagaragaje icyizere cyo kwiyongera k’ubumenyi buvuye ku mpuguke zo muri Nigeria yakiriye

Yanditswe na Tuyishimire Umutesi Celine
Kuya 22 February 2025 saa 11:12
Yasuwe :

Kaminuza y’Ikoranabuhanga n’Ubugeni ya Byumba (UTAB) yakiriye abahanga b’abakorerabushake mu kwigisha baturutse muri Nigeria, baje ku bufatanye bwa Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, MINAFFET, na Ambasade ya Nigeria.

Ambasade ya Nigeria mu Rwanda, yohereje aba bakorerabushake muri kaminuza ya UTAB, kugira ngo bafashe iyi kaminuza mu kuzamura ireme ry’uburezi.

Umuyobozi mukuru wa UTAB, Padiri Dr. Gilbert Munana, yavuze ko ibi byerekana umubano mwiza hagati y’ibihugu bishyigikira gahunda yo kwigira nk’Abanyafurika.

Ati “Nkuko Perezida wa Repubulika [Paul Kagame] akunda kubivuga, uyu munsi Abanyafurika tugomba kwishakamo ibisubizo, kandi nta kibazo kitagira igisubizo. Bisaba kuba abantu bari hamwe, nk’abanyafurika tukareba tuti ni iki twabyaza umusaruro? Imbaraga dufite ni izihe?”

Akomeza avuga ko aba bakorerabushake ari abahanga mu kwigisha ibintu binyuranye birimo ubuhinzi, ubumenyi bwa mudasobwa, ikoranabuhanga, ubumenyi bw’Isi, ndetse n’ibaruramari.

Padiri Dr. Gilbert Munana agaragaza ko aba barimu bagiye gufasha kongera ubumenyi iyi Kaminuza itanga ndetse n’igihugu muri rusange.

At “Tubitezeho kugira icyo bongera ku ireme ry’uburezi. Nka kaminuza yacu igomba guha abanyeshuri uburezi bufite ireme, ni iby’agaciro kenshi ko twagize aya mahirwe.”

Ambasaderi wa Nigeria mu Rwanda, Ibrahim Zanna, yavuze ko ubu bufatanye butari mu Rwanda gusa kuko ibikora no mu bindi bihugu bya Afurika.

Ati “Tumaze igihe dutanga impuguke z’abakorerabushake, abarimu, abaganga, abaforomo n’abigisha ibijyanye n’ubuganga. Nigeria imaze igihe ikora ibyo byose mu Afurika ndetse n’ahandi nko mu bihugu byo mu birwa bya Caraïbes, nka Jamaica, Belize n’ibindi birwa.”

Aba bakorerabushake boherejwe n’umuryango wo muri Nigeria wa ‘Technical Aid Corps (TAC)’, ushakira ibihugu mpuzamahanga impuguke bikeneye ziturutse mu Nigeria, ukaziboherereza binyuze mu masezerano y’ubufanye hagati ya Nigeria ndetse n’igihugu gikineye izo mpuguke, zikabimaramo imyaka ibiri.

Ni muri urwo rwego binyuze mu masezerano u Rwanda rufitanye na Nigeria, rwasabye abakorerabushake 16 b’abarimu muri kaminuza, ariko haboneka barindwi.

Batanu muri bo bakaba baratangiye imirimo yabo muri Kaminuza ya UTAB. Aba bose bafite Impamyabumenyi y’Ikirenga (Phd), ndetse bose bakaba ari abarimu bakuru muri za Kamikuza.

UTAB yakiriye impuguke mu burezi zije kubafasha gutanga ubumenyi
Abakorerabushake bavuye muri Nigeria baje gufasha UTAB kuzamura ireme ry'uburezi
Abayobozi ba TAC bagaragaje ko bizeye ubufatanye bwa Nigeria n'u Rwanda
Ambasade ya Nigeria na UTAB byemeranyije gukomeza kugirana imikoranire ya hafi mu kongera ireme ry'uburezi
Ambasade ya Nigeria mu Rwanda yashyikirije Kaminuza ya UTAB impuguke nka gahunda ya Afurika yo kwigira

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .