Mu 2050, bwo amafaranga Umunyarwanda yinjiza azaba ageze ku bihumbi 12$, nk’ikigero cyirwinjiza mu cyiciro cy’ibihugu bikize cyangwa se biteye imbere.
Kugira ngo ibyo bigerweho, bisaba ko nibura ubukungu bw’u Rwanda buzaza buzamuka ku kigero kitari munsi ya 10 ku mwaka. Hari ingamba nyinshi igihugu gifite zizatuma icyo cyerekezo kigerwaho, gusa hari n’imbogamizi ntizibisikana n’imbogamizi.
Izo zirimo ko u Rwanda ari igihugu kiri ku ntera ya kilometero 1500 kugira ngo kigere ku nyanja. Ibyo bigira ingaruka ikomeye ku bucuruzi, kuko niba igicuruzwa cyakorewe mu Rwanda cyoherejwe mu mahanga, 20% by’igiciro cyacyo, kigendera mu rugendo.
Indi mbogamizi ishingiye ku mubare w’abaturage mu bushobozi bwo guhaha, gusa bitewe n’aho ruherereye, rwagati muri Afurika, ishobora kubyara andi mahirwe kuko ibyakorewe mu Rwanda byagera nibura ku baturage barenga miliyoni 600 bo mu karere, ni ukuvuga binyuze mu miryango nka EAC, COMESA n’indi.
Hashize iminsi u Rwanda rushyira imbaraga muri gahunda ya Made in Rwanda ariko hinjira mu gihugu inganda zikora ibintu bitari bimenyerewe nk’imiti, ibikoresho byo kwa muganga, ibikoresho by’ikoranabuganga n’ibindi.
Icyerekezo gihari ni uko hakorwa ibintu bikenewe ariko bitaremeye cyane ku buryo mu gihe bijyanywe ku isoko, igiciro cy’urugendo cyaba gito ugereranyije n’ibisanzwe.
Ibikorwaremezo, abakozi bashoboye n’uruhare rw’abikorera ni ibintu bitatu bizafasha kugira ngo icyerekezo cyifuzwa kigerweho ndetse intambwe ikomeje guterwa muri buri ngeri. Mu cyerekezo 2020, ibikorwaremezo byari bikenewe mu gihugu, byari ibyo kwifashisha mu buzima bw’ibanze.
Icyo gihe nko gukwirakwiza amashanyarazi byari bigamije kuyageza kuri benshi. Nibura mu myaka ya 2000 iyo gahunda itangira, amashanyarazi yabonwaga na bake barenze gato 10%, uyu munsi, ageze hejuru ya 90%.
Ni kimwe n’amazi, imihanda, amashuri n’ibindi. Ubu iby’ibanze byamaze kugera ku baturage, igikenewe ni ukubigeza kuri bose ku buryo buhamye, kandi bijyanye n’igihe.
Niba ari amashanyarazi, hakabaho kuyongera kugira ngo inganda ziri kubakwa zibashe kubona ahagije.
Kuba u Rwanda rudakora ku nyanja, byatumye rwiga undi muvuno, rutangira kugirana amasezerano n’ibihugu binyuranye ku buryo rugira ubutaka ku byambu, rwajya rwifashisha mu kwakira no kubika ibyo rukura cyangwa rwohereza mu mahanga.
Icyo cyerekezo gikorwa hatekerezwa ingeri zose yaba inzira yo mu kirere, ubutaka n’amazi. Ubu rufite ubutaka mu Misiri ku Nyanja y’Umutuku, rufite ubutaka muri Tanzania ahitwa Isaka ahanyura Gari ya Moshi, rufite ubutaka muri Kenya i Naivasha no muri Djibouti.
Ibyo bizanajyana no kubaka ikibuga cy’indege cy’i Bugesera ku buryo niba indege itwaye imizigo, izajya ibasha kuyigeza mu gihugu runaka, hakaboneka inzira y’amazi cyangwa se iy’ubutaka ibigeza aho bikenewe.
Nubwo bimeze bityo, ubushobozi bw’Abanyarwanda ni umusingi ukomeye kugira ngo ibyo byose bigerweho.
Andrew Mwenda aherutse kuvuga ko icyerekezo cy’u Rwanda kigomba kujyana no kuzamura ubushobozi bw’abaturage kuko ari kimwe mu mbogamizi igihugu cyagize bitewe n’amateka.
‘
Ati “U Rwanda rufite ikintu cy’ingenzi. Ni ibitekerezo. Birashoboka ko u Rwanda rwaba rufite imbogamizi z’abakozi kugira ngo rushyire mu bikorwa ibitekerezo [...] kuko ikibazo gikomeye rufite ni ubushobozi bw’abantu.”
“Iyo Kagame aza kuba afite abantu bafite ubushobozi nk’ubwo Ruto wo muri Kenya afite, byari kuba itandukaniro.”
Yavuze ko kubera imyigire yahezaga bamwe, byatumye igihugu cyisanga kidafite abantu bashoboye. Mu kiganiro The Long Form na Sanny Ntayombya, aherutse kuvuga ko ubwo Jenoside yakorewe Abatutsi yari imaze guhagarikwa, RPF yari ifte abaganga benshi kurusha abari mu gihugu.
Ati “Urukiko rw’Ikirenga rw’u Rwanda mu 1994 nta munyamategeko n’umwe rwari rufite. Imiterere y’urwego rw’uburezi yari yubatse ku buryo niba abanyeshuri 10 boherejwe kwiga ubuganga, nyuma y’imyaka itanu, bane ni bo barangije…boherezaga abanyeshuri kwiga icyiciro kimwe mu myaka itanu, ikindi kikazajyaho nyuma.”



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!