Ibi Rivero yabivuze ubwo Papa Francis yaganiraga n’abanyeshuri b’iyi kaminuza n’abo mu zindi za Kiliziya Gatolika ziri mu bihugu bitandukanye, yifashishije ikoranabuhanga rihuza amashusho.
Iki kiganiro cyari muri gahunda ifite insanganyamatsiko igira iti “Kubaka ikiraro mu karere karangwamo amadini n’amoko atandukanye” yateguwe na Kiliziya Gatolika.
Rivero yabwiye Papa Francis ko yagiye asuzugurwa ndetse akanatotezwa, azira ko abarizwa muri LGBTQ, maze amusaba ati “Nagizwe igicibwa, ndatotezwa kubera ko nahisemo kuryamana n’abo duhuje igitsina kandi nkaba umuhungu w’umubyeyi umwe. Hagarika gukoresha amagambo yibasira abaryamana bahuje ibitsina.”
Papa Francis yasubije uyu munyeshuri mu buryo buziguye, amusaba guhitamo urukundo nyakuri. Ati “Iteka uzahitemo urukundo nyakuri. Abagore ni abantu beza. Umugore wenyine yakuza umuryango we. Ni ko gukomera kwabo.”
Uyu munyeshuri yahaye Papa Francis ubu butumwa ubwo yari yambaye igitambaro kiriho amabara y’uruvange, asanzwe yifashishwa n’abaryamana bahuje ibitsina nk’ikirango cyabo. Ni nyuma y’aho Umushumba wa Kiliziya muri Gicurasi 2024 agereranyije abo muri LGBTQ n’umutwaro w’inkwi, ubwo yabazwaga niba nabo bakwemererwa kwigira ubusaseridoti.
Amagambo ya Papa Francis yatunguye benshi kuko kuva mu mwaka ushize yagaragazaga ko abaryamana bahuje ibitsina na bo bakwiye kujya bahabwa umugisha, kuko Imana ikunda abantu bose. Nyuma yo gushyirwaho igitutu, yaje gusaba imbabazi, agaragaza ko ari abantu nk’abandi.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!