00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umunyamabanga Mukuru mushya wa RIB yatangiye imirimo

Yanditswe na Utuje Cedric
Kuya 1 April 2025 saa 05:30
Yasuwe :

Umunyamabanga Mukuru mushya w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Colonel Pacifique Kayigamba Kabanda, kuri uyu wa 1 Mata 2025, yahererekanyije ububasha na Col (Rtd) Jeannot Ruhunga yasimbuye.

Col Kabanda yashimiye Col (Rtd) Ruhunga wari umaze imyaka 8 ku buyobozi bwa RIB, agaragaza ko agiye kongera imbaraga mu mirimo y’uru rwego irimo gukumira no gukurikirana ibyaha kinyamwuga.

Yavuze ko azakomereza ku musingi washyizweho n’umuyobozi wamubanjirije, ndetse anashyire imbaraga mu bufatanye n’izindi nzego kugira ngo zose zigere kuri byinshi byiza.

Col (Rtd) Ruhunga yashimiye Perezida Paul Kagame wamugiriye icyizere cyo kuyobora uru rwego kuva rwashingwa ndetse n’impanuro atahwemye kumuha kugira ngo yuzuze neza inshingano yahawe.

Yanagaragaje ko yishimiye aho uru rwego rugeze, anifuriza Umunyabanga Mukuru umusimbuye imirimo myiza.

Mu cyumweru gishize ni bwo inama y’abaminisitiri yayobowe na Perezida Kagame yagize Col Kabanda Umunyamabanga Mukuru wa RIB. Yari asanzwe ari Umushinjacyaha mu Rukiko Rukuru rwa Gisirikare.

Umuhango w'ihererekanyabubasha witabiriwe n'abayobozi bo muri RIB
Colonel Kabanda yashimiye Perezida Kagame wamugiriye icyizere
Col (Rtd) Ruhunga yari amaze igihe cy'imyaka 8 ayobora RIB

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .