Ibi bikorwa byasize Peden ufite imyaka 36, wo mu Mujyi wa Fort Wayne muri Leta ya Indiana, akomeretse bikomeye. Ibyatumye hoherezwa bantu bo kuzimya inkongi no kumutabara.
Nk’uko amakuru ashingiye ku nyandiko y’abashinzwe iperereza yabonywe n’ibitangazamakuru abitangaza, abashinzwe kuzimya inkongi n’abapolisi batabajwe ku wa 6 Gicurasi kubera inkongi yari yibasiye iri garaje. Nyuma baje gusanga Peden afite ibikomere bikomeye.
Bivugwa ko yabwiye abapolisi ko yari yatewe ubwoba ku munsi wabanje, hanyuma agaterwa icyuma n’umuntu utaramenyekana.
Icyakora igihe yari ari kuvurirwa mu bitaro, Peden ngo yahise yemerera imbere umupolisi ko yari yabeshye ku byerekeye kuba yaratewe icyuma ndetse ko ibikomere yari afite ari we wari wabyiteye.
Iperereza ryagaragaje ko Peden yinjiye mu igaraje afite icyuma cyo mu gikoni ahagana Saa Munani z’ijoro ku isaha yo muri Leta ya Indiana.
Bivugwa ko yahise yikomeretsa ku bushake, yikata igitsina, nyuma asuka lisansi ku gice yakase aragitwika.
Inyandiko y’iperereza ivuga ko nyuma yaje kugishyira mu igaraje hafi y’umuryango, icyo gice cy’umubiri cyari kwaka gitwika iyo nyubako nk’uko New York Post yabitangaje.
Nyuma yo gutwika igaraje, yarisohotsemo avirirana kugeza ubwo yafatwaga n’abapolisi.
Naramuka ahamwe n’icyaha, ashobora guhanishwa igifungo cy’imyaka igera kuri 12.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!