00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umugabo w’i Karongi yafunzwe akekwaho kugira uruhare muri Jenoside

Yanditswe na Nsanzimana Erneste
Kuya 9 April 2026 saa 11:30
Yasuwe :

Inzego z’ibanze ku bufatanye n’inzego z’umutekano zo mu Karere ka Karongi zataye muri yombi umugabo w’imyaka 63 ukekwaho gukora Jenoside yakorewe Abatutsi, wari umaze imyaka irenga 30 yihisha ubutabera.

Yafatiwe aho atuye mu Mudugudu wa Rutabi, Akagari ka Rutabi, Umurenge wa Twumba w’Akarere ka Karongi, ku wa 9 Mata 2026.

Ni nyuma y’amakuru yamutanzweho mu nama ubuyobozi bw’umurenge bwagiranye n’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo muri uwo murenge.

Murakaza Valens watawe muri yombi, tariki 28 Kanama 2011 ni bwo Urukiko Gacaca Umurenge wa Kavumu rwamuhamije kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi rumukatira igifungo cy’imyaka 15 nk’udahari.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Twumba, Uwimana Phanuel yabwiye IGIHE ko uyu mugabo watawe muri yombi atari yarigeze akora igihano yari yarakatiwe n’urukiko, kuko ngo nk’uko abyiyemerera yahise atoroka, akaza guhabwa imbabazi n’uwo yiciye akabona kugaruka.

Ati "Kuva yagera mu kagari ntabwo yajyaga yigaragaza yanze no gufata indangamuntu ngo hatagira umuvumbura. Amakuru yamenyekanye ku makuru yatangiwe mu nama y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi yabereye ku murenge tariki 8 Mata yabakanguriraga kumenya niba hari abihisha barakoze Jenoside".

Muri iyo nama umwe mu bayitabiriye yongoreye ubuyobozi bw’umurenge ko Murakaza yakatiwe na Gacaca ariko ko aba mu giturage, mu bikorwa by’ubuhinzi n’ubworozi ko yirinda kujya ahantu hahuriye abantu benshi kugira ngo adafatwa.

Uwatawe muri yombi afungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Twumba.

Umugabo w'i Karongi Karongi yafunzwe akekwaho kugira uruhare muri Jenoside

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages