00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ubushakashatsi bwerekanye ko Perezida Biden atari we watsinze amatora

Yanditswe na Léonidas Muhire
Kuya 12 February 2024 saa 07:07
Yasuwe :

Ikigo cy’Abanyamerika, Heartland Institute, cyagaragaje ko amatora aheruka mu 2020 muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yabayemo uburiganya binyuze mu gutorera ku ikoranabuhanga.

Ni ubushakashatsi bwakozwe mu Ukuboza 2023, bushyirwa ahagaragara ku itariki 9 Gashyantare 2024.

Hari aho bugira buti "Ese amatora yo mu 2020 yaba yarakozwe nk’andi yabaye mu binyejana bibiri bishize? Aho amajwi yabarurirwaga mu muhezo hadakoreshejwe ikoranabuhanga, Donald Trump yari yamaze kongera gutorwa."

Bugaragaza ko abarenga 43% batoye bakoresheje imashini ari na bwo bwa mbere byari bibaye ku bantu bangana batyo muri Amerika kandi ko byagize ingaruka ku byavuye mu matora.

Muri abo bakoresheje imashini, abagera kuri 28% batoye mu buryo butanyuze mu mucyo bufatwa nk’ubutemwe n’amategeko.

Ubu bushakashatsi bugaragaza ko nibura umwe mu bantu batanu batoye muri Amerika yatoye mu buryo butanyuze mu mucyo, mu gihe abarenga 21% by’abajijwe bo basubije ko batoreye abandi cyangwa se bagatorera muri Leta badasanzwe batuyemo.

Abagera kuri 17% bo batoreye abo mu miryango yabo kandi batabibatumye mu gihe abandi 19% bagiye batorerwa n’inshuti zabo cyangwa abo mu muryango.

Nyuma yo kwegeranya aya makuru, iki kigo cyarayasesenguye, gisanga abantu bangana na 28.2% bakoresheje imashini baratoye mu buryo budaciye mu mucyo kandi ibyo byafashije Perezida Biden guhabwa intsinzi.

Ubu bushakashati bwanzuye busaba abagize Inteko Ishinga Amategeko y’iki gihugu gusubizaho uburyo bwo gutora mu muhezo cyangwa se hagashakwa ubundi buryo nko mu mu gihe hakoreshejwe ikoranabuhanga, hakabaho uburyo bwo gusinyisha igikumwe kugira ngo hizerwe ko uwatoye ari uwa nyawe.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages