00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Rwanda rwakiriye Abanyarwanda barenga 300 bari barafashwe bugwate na FDLR

Yanditswe na
Kuya 17 May 2025 saa 11:30
Yasuwe :

U Rwanda rwakiriye kuri uyu wa 17 Gicurasi 2025 Abanyarwanda 360 baturutse mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bari barafashwe bugwate n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR.

Aba Banyarwanda biganjemo abagore n’abana, bageze ku mupaka w’u Rwanda na RDC mu gitondo cyo kuri uyu wa 17 Gicurasi. Mbere yo kurira imodoka, babanje gupimwa umuriro kugira ngo harebwe uko ubuzima bwabo buhagaze.

Mutoni Claudine w’imyaka 20 y’amavuko yavuze ko yavukiye muri RDC. Yasobanuye ko aho yabaga, FDLR yabahohoteraga, ikabakoresha imirimo ivunanye.

Yagize ati “FDLR yabafataga ku ngufu, abagabo ikajya ibakubita, ikabakoresha ibyo badashoboye. Kuba ngarutse, nkurikije uko bari kutwakira, ndi kubona ari byiza cyane.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Mulindwa Prosper, yatangaje ko aba Banyarwanda basobanuriwe iterambere ry’imibereho ya bagenzi babo basanzwe mu Rwanda, na bo bagaragaza ko bishimiye gutaha.

Yagize ati “Batanze amashyi, ubona ko bafashwe n’amarangamutima, uhita ubona ko bamenye ibintu batari bazi, kuko bari barahawe andi makuru.”

Yasobanuye ko aba Banyarwanda bari bamaze imyaka myinshi mu burasirazuba bwa RDC, bafashe icyemezo cyo kwishyikiriza ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe impunzi (UNCHR) kugira ngo ribacyure ku bushake.

Meya Mulindwa yatangaje kandi ko byagaragaye ko mu bana u Rwanda rwakiriye hashobora kuba harimo abafite ikibazo cy’imirire mibi, ati “Hari abo turahita tujya gusuzuma, turebe niba badafite ikibazo cy’imirire mibi.”

Yamenyesheje Abanyarwanda basanzwe mu Rwanda ko abakiriwe bagiye kwifatanya na bo kubaka igihugu, bitabire Inteko z’abaturage, umugoroba w’imiryango, umuganda, gahunda y’ubwizigame binyuze mu bimina, abasaba kutabishisha, ati "Ntabwo baje guhungabanya umutekano, ahubwo baje kubafasha kubaka igihugu.

Muri rusange, Abanyarwanda 2500 bari barafashwe bugwate na FDLR ni bo bishyikirije UNHCR. Abasigaye bari mu kigo cyakira impunzi by’agateganyo i Goma mbere yo gutaha mu bindi byiciro.

Bageze mu nkambi y’agateganyo

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 17 Gicurasi ni bwo bageze mu nkambi y’agateganyo ya Kijote iherereye mu karere ka Nyabihu, aho baraba bacumbikiwe mbere yo kujya gutura mu duce bakomokamo mu Rwanda.

Ubwo bageraga kuri iyi nkambi, babanje gukaraba intoki, bajya kubika ibikoresho byabo bakuye muri RDC nyuma bahabwa amafunguro.

Umuyobozi w’iyi nkambi, Kayiranga Emmanuel, yahaye ikaze aba Banyarwanda, abamenyesha ko bazitabwaho neza mu gihe gito bagiye kumara aha hantu.

Mu kiganiro n’abanyamakuru, Kayiranga yasobanuye uko inkambi yakira abagiye kuyicumbikamo, ati "Tubanza kubandika, tukabaha aho baryama, tukabaha ibyo kwifashisha by’isuku, ni byo ku ikubitiro tubanza. Byibura uyu munsi turarara tubanditse, bahawe ibikoresho by’isuku, aho baryama, hanyuma ibindi bikazakurikiraho ejo n’indi minsi ikurikira."

Kayiranga yasobanuye ko dosiye ya buri wese igiye gusuzumwa kugira ngo harebwe ibyo buri wese akeneye by’umwihariko, abihabwe. Igihe iki gikorwa kizamara kizashingira ku makuru azakenerwa.

Inkambi y’agateganyo ya Kijote ifite ubushobozi bwo kwakira abantu 500. Ifite ibikorwaremezo by’ibanze birimo ivuriro rito ryita ku bafite uburwayi bworoheje. Yari imaze ibyumweru bibiri itarimo abantu.

Bazahabwa amafaranga yo kubafasha mu mibereho

Meya Mulindwa yasobanuye ko mu gihe aba Banyarwanda bazaba bari mu nkambi y’agateganyo ya Kijote, bazashakirwa ibyangombwa, hanasesengurwe amakuru y’aho bakomoka kugira ngo bazajye guturayo.

Imirenge n’utugari bakomokamo nibimara kumenyekana, nk’uko Meya Mulindwa yabisobanuye, Minisiteri ifite mu nshingano impunzi (MINEMA), izabaha inkunga izabafasha mu mibereho mu gihe bazaba bavuye mu nkambi.

Yagize ati “Harimo Amadolari 133 abarirwa kuri buri mwana n’Amadolari 148 abarirwa ku muntu mukuru, harimo ndetse n’ibindi bihumbi 40 Frw. Ayo ni yo bajyana, bakinjira noneho muri wa murenge, ubwo inzego z’ibanze ziba zateguwe.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu kandi yasobanuye ko aba Banyarwanda binjiye mu bandi bagenerwabikorwa ba gahunda za Leta zitandukanye, zirimo izo gufasha abatishoboye no kwishyurirwa ubwisungane mu kwivuza.

FDLR ni umutwe washinzwe n’Interahamwe zagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ndetse n’ingabo zatsinzwe (Ex-FAR). Uretse kubuza Abanyarwanda baba muri RDC gutaha, yanagize uruhare rukomeye mu bugizi bwa nabi bukorerwa Abanye-Congo, cyane cyane abo mu bwoko bw’Abatutsi.

Bapimwe umuriro kugira ngo harebwe uko ubuzima bwabo buhagaze
Byateganyijwe ko izi modoka zibajyana mu nkambi y'agateganyo ya Kijote
Muri iki cyiciro, hatashye abiganjemo abagore n'abana
Abapolisi babanje kubasaka mbere y'uko binjira mu modoka
Mu cyiciro cya mbere, hatashye Abanyarwanda 360
UNHCR ni yo yakiriye aba Banyarwanda nyuma y'aho bafashe icyemezo cyo gutaha
Ubwo imodoka zabagezaga mu nkambi y'agateganyo ya Kijote
Ikamyo ya UNHCR ni yo yari yikoreye ibikoresho byabo
Babanje gukaraba intoki mbere yo kwinjira imbere mu nkambi
Bageze mu nkambi, berekwa aho kwicara mu gihe bandikwaga
Kayiranga yahaye ikaze aba Banyarwanda
Mu byo bakirijwe mu nkambi harimo amafunguro

Amafoto: Kwizera Hervé


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .